Uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo “Nara Ekele Mo” yahuriyemo na Travis Greene ni umwe mu bazaririmba muri iki giterane mpuzamahanga, gitegurwa na IF Gather.
Ni igiterane giteganyijwe ku wa 1 Werurwe 2025, kikazabera mu bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi ariko u Rwanda ni cyo gihugu kizacyakira muri Afurika.
Biteganyijwe ko abandi bahanzi bazataramira abazacyitabira barimo Abanyarwanda bakunzwe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana nka Uwimana Aimé, Fabrice and Maya, Chriso Ndasingwa, True promises Apostle Apollinaire, Prosper Nkomezi, New life band, Watoto Children’s Choir yo muri Uganda ndetse na Himbaza.
Gather 25 cyateguwe na IF Gather yo muri Amerika ifite ubunararibonye mu gutegura ibitaramo mpuzamahanga.
Icyo giterane gitegurwa hagamijwe guhuza abakristu hirya no hino ku Isi aho hafatwa amasaha 25 abakristo bari gusenga ariko bikabera ku migabane itandukanye.
Muri Afurika bahisemo ko cyabera mu Rwanda, aho abari ku Isi yose bazagira amasaha atatu yo gukurikira ibizabera muri BK Arena aho bazaba bari hose hifashishijwe ikoranabuhanga.
Uretse gusenga, hazabaho no gutarama mu ndirimbo n’Ijambo ry’Imana ariko hakazabamo amasaha atatu abo ku Isi yose bazaba bareba ibiri kubera I Kigali muri ya ntego yo guhuza umubiri wa Kristo ku Isi yose.
Kwiyandikisha muri icyo giterane ni 5000 Frw ariko azishyurwa yose, azakusanyirizwa hamwe, afashijwe Abanyarwanda badafite ubwisungane mu kwivuza.
Biteganyijwe ko kizajya kiba buri myaka ibiri, bisobanuye ko kizongera kuba mu 2027 kitwe Gather 27 kuko gihabwa izina bishingiye ku mwaka cyabayemo.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!