Ni igitaramo kizamara iminsi ibiri, kikazabera ku rusengero rw’ Itorero rya ADEPR Nyarugenge, ku wa 22 na 23 Werurwe 2025, kikazajya gitangira Saa Munani z’amanywa, ariko ku wa 23 Werurwe 2025 abazitabira bazataramirwa umunsi wose.
Ni igitaramo kizitabirwa n’amakorari akomeye atandukanye arimo Hosiana Choir ya ADEPR Nyarugenge, Shiloh Choir ya ADEPR Muhoza izaturuka i Musanze n’umuramyi Bosco Nshuti.
Ni igitaramo cyateguwe mu rwego rwo guhimbaza no gushima Imana ibyiza yabagejejeho ndetse banarushaho kwegerana nayo.
Umwe mu bayobozi bwa Shalom Choir, Rukundo Jean Luc, yavuze ko imyiteguro yakozwe neza kandi biteguye kuririmbira Imana n’abazaba bitabiriye ku buryo buri wese azatahana ubutumwa bw’Imana ku rugero rwo hejuru.
Umuyobozi Wungurije wa Shalom Choir, Ndahimana Gaspard, yasabye abantu bose bafite ibibazo bitandukanye kuza muri iki gitaramo kuko ari uburyo bwiza bwo kwereka Imana ibyakunaniye ikabigufashamo.
Yagize ati “Turashaka kwihuza n’Imana, tukegerana nayo, tukaganira nayo, tukayishimira ibyiza yadukoreye, tukayibwira ibyifuzo byacu.”
Biteganyijwe ko abazitabira icyo gitaramo bari hagati ya 3000 na 4000, mu gihe barenga na bwo bashyiriweho uburyo bwo kubafasha gukurikirana igitaramo mu buryo bwiza.
Shalom yavuze ko hazanaririmbwa indirimbo zo mu madini n’amatorero atandukanye kugira ngo barusheho gusabanira mu mwuka wera, bahimbaza banaramya Imana.





Amafoto: Shimwe Alain Kenny
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!