Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Mutarama 2025, ubwo Musenyeri Edouard Sinayobye, yaturaga igitambo cya Misa muri iri gororero rya Rusizi, aho yifurije abagororerwa muri iri gororero Noheli nziza n’umwaka mushya muhire wa 2025.
Mu gitambo cya Misa yaturiye muri iri gororero, Musenyeri Edouard Sinayobye, yayoboye kandi n’umuhango wo guha ububasha bwo gutanga Ukaristiya ku bagororwa bagera kuri barindwi.
Bivuze ko aba bagororwa bashobora kujya bifashishwa mu gikorwa cyo gutanga Ukaristiya igihe batura igitambo cya Misa mu Igororero rya Rusizi.
U Rwanda ni kimwe mu bihugu biha abagororwa uburenganzira mu bijyanye n’imyemerere yabo, ku buryo ababishaka bashobora kubatizwa cyangwa gukomezwa nubwo baba bafunze.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!