00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Abitabiriye igiterane cy’abashakanye bahawe impamba yo kubaka ingo z’icyitegererezo (Amafoto)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 December 2024 saa 10:49
Yasuwe :

Abagabo n’abagore basaga 310 bitabiriye isozwa ry’Igiterane “Back to Eden” cyateguwe n’Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Paruwasi Remera, banyuzwe n’inyigisho bagiherewemo, bashimangira ko zizabasha kubaka ingo zabo ndetse n’umuryango uhamye muri rusange.

Igiterane cy’abashakanye “Back to Eden” cyateguwe hagamijwe guhamagarira abagabo n’abagore gusubira ku rufatiro rukwiye rw’amahame y’Imana yo kubaka urugo no kururinda.

Isozwa ryacyo ryahuriranye n’umugoroba w’abashakanye (Romantic dinner) wabaye ku wa Gatanu, tariki 6 Ukuboza 2024.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abagabo n’abagore 314 aho basangiye, bakaganira, bagakina ndetse bakiga binyuze mu guhana ubuhamya, bashimangira ko byabongereye imbaraga zo kubana neza kurutaho.

Igiterane “Back to Eden” cyateguwe ku nsanganyamatsiko igira iti “Imana ikomeza urugo mu bihe bigoye”, ikubiye mu ijambo riboneka muri Yesaya 43:2.

Ubwo yatangizaga ku mugaragaro iki giterane cyamaze icyumweru, Umushumba Mukuru wa EAR Paruwasi Remera, Rev. Emmanuel Karegyesa, yashimiye Fathers’ Union na Mothers’ Union batanze umusanzu mu kugitegura.

Muri iki giterane kidasanzwe abashakanye bahawe inyigisho ku mbaraga z’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore ndetse basangizwa ubumenyi bakeneye mu kubaka ingo zirambye.

Abacyitabiriye banahuguwe n’abavugabutumwa basanzwe bafasha abashakanye kugira ngo basubire ku rufatiro ruzima rw’amahame y’Imana yo kubaka urugo no kururinda barimo Bishop Dr. Methode JP Rukundo na Rev Dr. Canon Antoine Rutayisire.

Abagabo n’abagore banyuzwe n’ubutumwa bagejejweho bukubiye mu nyigisho zirimo "Imana iturisha imiraba mu ngo zacu", "Imbaraga zo guhagarara mu nshingano n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore".

Umuyobozi wa Fathers’ Union ku rwego rwa EAR Diyosezi ya Kigali na Paruwasi Remera, Kazubwenge James, yavuze ko urugo rwiza ari ijuru rito ku Isi.

Yashishikarije abagabo kubaka ingo nziza kuko ari zo zivamo imiryango n’Igihugu kizima.

Umuyobozi wa Mothers’ Union muri EAR Paruwasi Remera, Mbabazi Sylvia, yavuze ko Imana ibasha gutabara no gukiza ingo uko zaba zimeze kose kandi hari byinshi abitabira bazunguka.

Rev Dr. Canon Antoine Rutayisire, Umushumba akaba n’Umwanditsi w’Ibitabo birimo icyo yise "Urugo rwiza", "Umugabo mu mugambi w’Imana" yakanguriye abitabiriye igiterane kwihana ibyaha no kugendera kure ubusambanyi, iby’isoni nke, ubuhemu bwo mu ngo no gupfa imitungo.

Yagaragaje ko abashakanye bakwiye gusobanukirwa impamvu nyamukuru yabahuje n’umugabo n’umugore bityo bakabana bizera Imana, bizerana, bakiranuka, bakundana kandi bafatanya muri byose.

Yagize ati “Ukwihana ni ukwemera uko umeze kutameze neza, ukemera ko Imana ishobora kubihindura byiza uyobowe na yo.”

“Turasabwa kuba abagabo n’abagore bubaha Uwiteka, bera imbuto z’Umwuka Wera, basa na Yesu bakundana, bajya inama, barera abana neza, twita ku ngo zacu kandi dushyigikirana, tukamenya ko zimeze neza, tukazihahira, zigatera imbere kandi tukazirinda.”

Abagabo n’abagore basabwe kugendera kure ibishobora kwinjiza agatotsi mu mubano wabo nk’ubusambanyi, ikinyoma, ubusambo, umwanda, gusesagura umutungo, kutagira icyerekezo kimwe cy’ubuzima, kutaganirira hamwe ibishishikaje umuryango, guteshuka ku nshingano no kwimakaza ihohoterwa.

Rt. Rev. Dr. Methode JP Rukundo, Umwepisikopi wa EAR Diyosezi ya Karongi, Umwanditsi w’Igitabo yise “Urugo Ruhire, Kurushinga no kurushyigikira” yagaragaje ko iyi migirira ikwiye kwirindwa.

Ati “Uburinganire n’ubwuzuzanye si uguhangana kw’abagore n’abagabo ahubwo byagakwiye kuba umurongo abashakanye bakwiye kugenderaho. Ni umurongo uha abagabo n’abagore amahirwe yo gukoresha impano karemano ndetse n’ubumenyi abantu biga ngo bifashe buri wese kugira uruhare nyarwo mu kugera ku ntego ze z’ubuzima no gutanga umusanzo wo kubaka urugo ruhire, abantu bakwiye gufatanya muri byose hakurikijwe impano buri wese afite.”

“Back to Eden” yasojwe abayitabiriye bayungukiyemo amasomo bizera ko azababera akabando k’iminsi.

Annet Ngondo, Umunyamuryango wa Mothers’Union muri EAR Paruwasi Remera, yagaragaje ko bagize ibihe byiza kandi hari ibyo bize.

Ati “Ibyo twumvise ni ingirakamaro bityo dukwiye kujya kubishyira mu bikorwa kuko ari impamba ituma ingo zacu zikomera, izajegajegaga zikongera gukomera, n’izari nziza gake zikarushaho kwaguka.’’

Karemera Pascal, Umukuru w’Abakristo muri EAR Paruwasi Remera, yavuze ko iki giterane cy’abashakanye cyabaye cyiza ugereranyije n’ibyabaye mu myaka yabanje. Yavuze ko ari ukuva mu bwiza ujya mu bundi kurutaho.

Igikorwa cyo gusoza igiterane cy’umuryango cyanatumiwemo Umuhanzi Alexis Dusabe, wataramye mu ndirimbo ze zakunzwe cyane kuva mu myaka yo hambere nka “Ni nde wamvuguruza”.

Abashakanye bitabiriye ari benshi
Itsinda rishinzwe kwakira abitabira igiterane cy'abashakanye ryari Home cell Kimoronko A
Mu giterena habonetsemo umwanya uhagije wo gusengera imiryango ngo igaruke ku rufatiro ruzima
Guhimbaza Imana mu giterane cy'abashakanye hamwe na Korali Ijwi ry'Imbabazi
Muri iki giterane umwanya mwiza aho abashakanye biga binyuze mu guhana ubuhamya, baseka...
Umuryango wa Karemera Pascal, Umukuru w'abakristo muri EAR Paruwasi Remera witabiriye itangira ry'igiterane cy'abashakanye
Umuryango wa Kazubwenge James witabiriye igiterane cy’Abashakanye
Rev. Emmanuel Karegyesa Umushumba Mukuru wa EAR Paruwasi Remera atangiza ku mugaragaro igiterane cy’abashakanye
Kazubwenge James, Umuyobozi wa Fathers Union ku rwego rwa EAR Diyosezi ya Kigali na Paruwasi Remera yavuze ko Urugo rwiza ari ijuru rito ku isi
Mbabazi Sylvia Umuyobozi wa Mothers’Union muri EAR Paruwasi Remera we yavuze ko Imana ibasha rwose gutabara no gukiza ingo
Rev Dr. Canon Antoine Rutayisire yavuze ko kwihana no kwizera ko arizo nkingi ebyiri za mwamba mu kubaka urugo rwiza
Abitabiriye barimo kunguka byinshi mu kubaka ingo no kuzirinda
Rt. Rev. Dr. Methode JP Rukundo yavuze ko Abasore n’inkumi bakwiye kugira ubumenyi bufatika mbere yo kubaka ingo kandi ko Abashakanye bakwiye kubana akaramata, badahemukirana, bizerana bakabera umugisha Igihugu n’itorero
Annet Ngondo yavuze ko bahawe impamba ituma ingo zabo zigiye gukomera
Isangira ry’abashakanye(Romantic Dinner) ni umugoroba wahuje abagabo n’abagore babo baganira, bakina ndetse biga binyuze mu guhana ubuhamya
Kwinjira muri Romantic Dinner, abagabo n’abagore bari bambaye amabara agaragaza abakundana ndetse bahanaga indabo nk'ikimenyetso cyo kwimakaza urukundo
Umuryango wa Bishop Dr. Methode JP Rukundo uhana indabo
Rev Dr. Canon Antoine Rutayisire n'umugore we Kayitesi Peninah bahuje urugwiro
Umuryango wa Rev.Karegyesa Emmanuel uhana indabo
Kazubwenge James uyobora Father's Union Remera aha indabo umugore we
Ntaganzwa Eric n'umugore we ubwo bari bamaze kugera mu byicaro byagenewe abitabiriye Romantic Dinner
Umuhanzi Dusabe Alexis yasusurukije abitabiriye Romantic Dinner mu ndirimbo ze zakunzwe na benshi
Umuryango wa Rev. Zirimwabagabo Jean Pierre mu mikino yateguriwe ibitabiriye Romantic Dinner
Hatanzwe ikiganiro cyasubije ibibazo byose byabajijwe mu giterane
Abitabiriye umugoroba w'abashakanya bahawe umwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye
Umuryango wa Gonza Robert n'umugore we ni bo bari abasangiza b’amagambo mu mugoroba w'abashakanye
Kazubwenge James yashimiye itsinda ryateguye iki giterane, ashimangira ko ryakoranye umurava
Itsinda ryateguye igiterane cy’abashakanye rigizwe n’abahagarariye Mothers’Union na Fathers’Union muri EAR Paruwasi Remera
Karemera Pascal yavuze ko iki giterane cyatumye abagabo n’abagore bava mu bwiza bajya mu bundi burenzeho
Rev. Karegyesa Emmanuel yasabye abagabo n’abagore kubakira ingo zabo kuri Kristo no gukora ibyo ashaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .