00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imigambi y’abanzi b’u Rwanda muzayereke Imana- Mufti Sindayigaya ku Bayisilamu bagiye i Mecca

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 28 May 2025 saa 08:52
Yasuwe :

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya yasabye Abayisilamu berekeje i Mecca mu mutambagiro Mutagatifu kuzakora amasengesho bayashyizeho umutima, ariko bakibuka no gusengera Igihugu by’umwihariko kwereka Imana abagifitiye imigambi mibi.

Ibyo byavugiwe mu muhango wo kwifuriza urugendo rwiza no guha impanuro Abayisilamu 70 bazitabira umutambagiro mutagatifu muri uyu mwaka.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba w’itariki 27 Gicurasi 2025 mbere y’uko bahaguruka ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali berekeza muri Arabie Saudite.

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya yashimye uburyo RwandAir yabagabanyirije ibiciro by’ingendo kandi igakomeza kubaba hafi ndetse n’uburyo Igihugu n’Ubuyobozi bwacyo bwabashyigikiye muri rusange.

Ati “Nagira ngo nshimire ubuyobozi bw’Igihugu cyacu ku isonga Perezida Paul Kagame mu byukuri ukunda Abanyarwanda uhora abifiruza icyiza. No kugira ngo indege idutwara yemererwe kugwa hariya Igihugu kiba cyabigizemo uruhare kuko ntabwo ari ugupfa kugusha indege mu gihugu cy’abandi itanasanzwe ifiteyo icyerekezo cy’ingendo.”

Mufti Sindayigaya yaboneyeho gusaba Abayisilamu berekeje i Mecca kuzasenga babishyizeho umutima ariko kandi bakibuka Igihugu muri rusange kugira ngo imigambi y’abacyifuriza inabi iburizwemo.

Ati “Muzibuke gusabira Igihugu cyacu n’abayobozi bacyo Imana ikomeze igihe gutera imbere no kugira umutekano hanyuma abacyifuriza imigambi itari myiza aho bari hose muzabereke Imana. Muzayisabe ko imigambi yabo iyiburizamo kandi izababere imfabusa.”

Yabasabye kandi Abayisilamu berekeje i Mecca gusenga babishyizeho umutima kandi bazirikana na bagenzi babo batarajyayo.

Ati “Muzasabire Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda gukomeza gutera imbere hanyuma muzasabire n’abandi Bayislamu basigaye na bo bazabashe kujya i Mecca kandi muzitware nk’abagiye mu rugendo rutagatifu.”

Nyiraneza Ziada uri mu bayisilamu berekeje i Mecca ku myaka 60, yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuri we gukora urugendo rutagatifu kuko ari ukwiyegereza Imana ndetse no gusobanukirwa neza imyemerere ye ya Kiyisilamu.

Ayi “Ni umunezero mwinshi kuri njye kuko gukora uru rugendo ni imwe mu nkingi ya gatanu mu za Islam. Iyo utarukoze ntabwo biba byuzuye neza. Bizamfasha kwegera Allah no kumenya neza aho Ubusilamu bwakomotse.”

Biteganyijwe ko abandi Bayisilamu bo mu Rwanda umunani barimo abayobozi babo na bo bazerekeza i Mecca ku itariki 30 Gicurasi 2025 mu kindi cyiciro.

Imiryango n'inshuti z'Abayisilamu berekeje i Mecca bagiye kubifuriza urugendo ruhire
Ubuyobozi bw'Umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda bwifiurije abagiye i Mecca kuzagira umutambagiro mutagatifu mwiza
RwandAir yashimiwe uburyo iri gufasha Abayisilamu bo mu Rwanda kujya mu mutambagiro mutagatifu
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Musa Sindayigaya yashimye uburyo RwandAir yabagabanyirije ibiciro by’ingendo
Ubuyobozi bw'Umuryango w'Abayisilamu mu Rwanda bwifurije abagiye i Mecca kuzagira umutambagiro mutagatifu mwiza
Imiryango y'aberekeje i Mecca yabaherekeje no ku kibuga cy’indege
Aba Bayisilamu bahagurutse i Kigali batwawe n'indege ya RwandAir

Amafoto: Nzayisingiza Fidèle


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .