00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gisagara: Save yasabiwe kugirwa ahakorerwa ingendo nyobokamana

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 10 February 2025 saa 04:47
Yasuwe :

Abakirisitu n’abihaye Imana bakorera ubutumwa muri Paruwasi Gatolika ya Save, muri Diyosezi ya Butare, basabye ubuyobozi bwa Kiliziya mu Rwanda ko Save yagirwa hamwe mu hantu hakorerwa ingendo nyobokamana.

Iki cyifuzo cyatanzwe ubwo hizihizwaga imyaka 125 ishize Paruwasi Gatolika ya mbere (ya Save) ishinzwe mu Rwanda.

Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Save, Médard Kyebambe, yasabye ubuyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda ko i Save hagirwa ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana kubera ko na ho hafite amateka yihariye mu bukirisitu.

Ati "Mu ijwi ry’abakirisitu, ndasaba Abepisikopi kudufasha kurushaho guha agaciro aho ubukirisitu bwatangiriye muri iki gihugu cy’u Rwanda, bityo naho hakamemenyekana."

"Murabizi, dukora ingendo nyobokamana zitandukanye haba mu Ruhango, i Kibeho, i Kabuga n’ahandi. Turifuza gufashwa n’abadukuriye guhesha agaciro Save, ntihumvikane Save nka Paruwasi gusa, ahubwo twumve Save nk’ahantu habaye ingobyi y’ubukristu bwa mbere."

Padiri Kyebambe yasobanuye ko i Save hari inzibutso zitandukanye zibitse amateka y’ubukirisitu mu Rwanda zirimo irimbi rya Save, Kiliziya ya mbere yubatswe i Save, ishusho ya Bikira Mariya abamisiyoneri bagendanaga n’ibindi abona bikwiye gusurwa kandi abakirisitu bakabyigiraho byinshi ndetse bakanabiboneramo umugisha.

Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Rutaburingoga Jérôme, na we yavuze ko nk’uko ivanjili yatangiriye i Save, bikwiye kuhagira ahantu hihariye kuko haboneye izuba izindi Paruwasi mu Rwanda.

Yagize ati "Save igomba kurwaza izindi Paruwasi nk’uko bajyaga bavuga bati ’Save i Zaza, i Rwaze, Mibilizi na Kabgayi’. Save ikwiye kuba igicumbi kidasanzwe, umusozi mutagatifu n’urumuri rutazima abandi bashobora kuza kuvomaho ibyiza."

Meya Rutaburingoga yagaragaje ko kugira ngo bigerweho, bisaba ubufatanye bwa bose, yizeza Kiliziya ko Akarere ka Gisagara kazatanga umuganda uzakenerwa kugira ngo bigerweho.

Musenyeri Jean Bosco Ntagungira, Umwepisikopi wa Diyosezi Gatolika ya Butare, yavuze ko uyu mushinga wo kugira Save igicumbi cy’amateka hakajya hakorerwa ingendo nyobokamana, uhari kandi batangiye gutekereza uburyo washyirwa mu bikorwa.

Ati "Uyu mushinga turawufite. Turifuza kubaka inzu ndangamurage, tugakusanyirizamo ibyatwibutsa amateka y’iyogezabutumwa rya mbere mu Rwanda, tugashakisha ibikoresho bakoreshaga, tugashushanya ingendo bagendaga, uburyo bakoreshaga, uko babagaho n’ibindi."

Musenyeri Ntagungira yaboneyeho gusaba uwaba afite bimwe muri ibi bikoresho by’icyo gihe cyahise; yaba imyenda, intebe bigishirizagamo, ishusho y’indogobe bagendagaho, utugare n’udupikipiki tw’icyo gihe n’ibindi, kumenyesha Diyosezi ya Butare kugira ngo bizahurizwe hamwe, bijye bifasha abakirisitu kumenya aho bavuye, aho bageze n’aho bagana.

Paruwasi Gatolika ya Save yashinzwe ku wa 8 Gashyantare 1900, bikozwe n’abapadiri b’abamisiyoneri ba Afurika: Padiri Brard bitaga Terebura, Padiri Barthelemy n’Umufurere witwaga Ansèlme.

Yamaze imyaka irindwi yubakwa, maze ku wa 26 Gashyantare 1907 ihabwa umugisha, iragizwa Umutima Mutagatifu wa Yezu.

Isakaramentu rya mbere rya batisimu ryahatangiwe hashize imya itatu, ku cyumweru cya Pasika. Ubwo hari ku wa 11 Mata 1903, maze habatizwa abasore 22 n’abakobwa bane.

Paruwasi ya Save yanashibutseho isantare ikomeye, ingo z’Abihayimana 11, Ikigo Nderabuzima cya Save n’amashuri 16 arimo abanza, ayisumbuye, ay’imyuga ndetse kaminuza.

Iki ni igice gito cya Paruwasi ya Save yo hambere, ahandi harasenyutse
Iki ni ikibindi cyakoreshwaga babatiza kera
Irimbi ry'Abaterebura rishyinguwemo abapadiri n'abalayiki ba mbere babaye i Save
Iri rimbi ririmo abatangije ubukirisitu mu Rwanda
Iri riba rya batisimu ryo mu myaka yo hambere, na ryo riri mu byashyirwa mu nzu y'amateka
Ishusho ya Bikiramariya yifashishwaga n'abapadiri ba mbere mu iyogezabutumwa mu ngo z'abakirisitu
Iyi ni ishusho y'umupadiri wa mbere w'Umunyarwanda, Balthazar Gafuku, iri iruhande rwa Kiliziya ya Paruwasi ya Save
Padiri Kyebambe yasabye ubuyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika mu Rwanda ko i Save hagirwa ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana
N'abakirisitu b'i Save bifuza ko haba ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana
Musenyeri Ntagungira yavuze ko umugambi wo kugira Save ahantu hakorerwa ingendo nyobokamana uhari
Meya Rutaburingoga Jérôme yavuze ko Akarere ayoboye kiteguye gufatanya na Kiliziya mu kwita kuri Save
Kuri Paruwasi ya Save ya none, ku Cyumweru usanga hateraniye abanyeshuri benshi bajya mu misa
Paruwasi ya Save ya none ifite abakirisitu basaga ibihumbi 34
Imihanda igera muri santere ya Save igiye gushyirwamo kaburimbo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .