00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis yahishuye ko yamaze gusinya inyandiko izakoreshwa niyegura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 Ukuboza 2022 saa 01:39
Yasuwe :

Papa Francis w’imyaka 86 yahishuye ko amaze imyaka icyenda yanditse ibaruwa y’ubwegure bwe kugira ngo igihe azaba ahuye n’ibibazo bikomeye by’ubuzima bituma atabasha gukomeza inshingano ze, bizafatwa nk’aho yeguye.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ABC cyo muri Espagne, Papa Francis yatangaje ko iyo baruwa yayanditse akimara gutorwa mu 2013.

Papa Francis yavuze ko ibaruwa y’ubwegure bwe yayihaye Cardinal Tarcisio Bertone wari Umunyamabanga wa Leta ya Vatican.

Hashize igihe Papa Francis avuga ko mu gihe ubuzima bwe bwakomeza kumera nabi, yakwegura ku nshingano z’ubushumba bwa Kiliziya Gatolika nk’uko byagendekeye Papa Benedigito XVI wamubanjirije.

Muri Nyakanga uyu mwaka nabwo byigeze guhwihwiswa ko Papa Francis yaba agiye kwegura kubera uburwayi, ariko yabiteye utwatsi icyo gihe.

Ubwo Papa Benedigito XVI yeguraga mu mwaka wa 2013, hari hashize imyaka isaga 600 nta wundi mupapa wegura muri Kiliziya Gatolika.

Papa Francis afite ikibazo cy’ivi rye ribabara cyane ndetse afite ikibazo cy’ubuzima giterwa no kuba afite igihaha kimwe. Kuri ubu akunze kugaragara mu ruhame ari mu kagare cyangwa agenda yicumbye inkoni.

Papa yavuze ko atari we wa mbere waba yanditse ibaruwa y’ubwegure bwe mbere y’igihe, ngo kuko bishoboka ko na Papa Paul VI (1963-1978) na Papa Pius XII (1939-1958) bari barayanditse ariko bakaza gupfa batarabitangaza ku mugaragaro.

Papa Francis yatangaje ko amaze imyaka icyenda asinye ibaruwa y'ubwegure bwe mu gihe byaba ngombwa ko atakibashije kuyobora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .