00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu y’imikino itatu ya kamarampaka, ibihembo n’ibindi: FRVB yabisobanuye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 March 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB) bwavuze ko imikino itatu amakipe azahuramo muri Kamarampaka ihagije ndetse ari yo iteganywa mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe y’uyu mukino ku Isi (FIVB).

Byagarutsweho ku wa Kane, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Hilltop Hotel i Remera, cyagarutse ku byaranze Shampiyona ya Volleyball y’uyu mwaka w’imikino n’ibiteganyijwe mu Mikino ya Kamarampaka.

Imikino ya Shampiyona isanzwe yakinwe guhera mu Ukwakira, yasize hamenyekanye amakipe ane ya mbere azakia Imikino ya Kamarampaka mu bagabo n’abagore.

Mu bagabo, iyi mikino izahuza amakipe ane ya mbere ari yo Police VC, APR VC, Kepler VC na REG VC. Muri ½, Police ya mbere izahura na REG ya kane, mu gihe APR ya kabiri izakina na Kepler VC.

Mu bagore, Police WVC izakina na Kepler WVC naho Rwanda Revenue Authority yisobanura na APR WVC.

Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, yavuze ko Shampiyona y’uyu mwaka yagenze neza haba mu ihangana ry’amakipe ndetse n’imisufire yari hejuru cyane.

Yongeyeho ko nubwo ikoranabahunga rya “Video Challenge System” cyangwa “VAR” ritakoreshejwe uko byari biteganyijwe, ariko bizeye ko guhera mu Ukwakira bizakunda.

Ati “Amakipe twayasabye ko yatanga inkunga yiyemeje ariko ntabwo arayitanga. Turizera ko muri Shampiyona itaha izatangira mu Ukwakira, tuzaba dufite Video Challenge System bamwe bita VAR.”

Uyu Muyobozi yashimangiye ko imikino ibanza n’iyo kwishyura yari ku rwego rwo hejuru ahanini kubera abanyamahanga bayirimo ndetse yizeye ko bizatanga umusaruro no mu Ikipe y’Igihugu.

Ati “Abanyamahanga batumye Shampiyona yacu izamura urwego ku buryo n’amakipe yari afite ubwoba ko ashobora gusenyuka kubera kubura abakinnyi, babonye abo bareberaho. Ntimuzatinda kubona n’umusaruro mu Ikipe y’Igihugu. Ikinyemetso cya mbere mwakibonye muri Zone V yabareye i Kampala aho amakipe yacu twaye ibikombe.”

Ku bijyanye n’ibiciro byo kwinjira kuri iyi mikino izajya ibera muri Petit Stade i Remera ndetse n’ibihembo bizahabwa amakipe azegukana Shampiyona y’uyu mwaka, Ngarambe yagize ati "Buri gihe bizaba ari 5000 Frw. Twanze guhanika ngo abantu bongere bibone muri Volleyball. Twanze kandi kujya hasi cyane kuko akeza karigura.”

Yongeyeho ati “Ibihembo ntabwo bizajya munsi y’iby’ubushize. Buri mwaka hari akaba kagomba kwiyongeraho.”

Hateganyijwe kandi uburyo bwo gususurutsa abazitabira imikino binyuze mu kugira amajwi meza, umuziki n’ibindi bibafasha kwidagadura.

Umuyobozi wa Tekinike muri FRVB, Kubwimana Gerturde, yavuze ko impamvu bapanze imikino uko ikurikirana ubu, ari “ugutegura imikino ya nyuma”.

Yongeyeho ko mu kwemeza ko amakipe azakina imikino itatu ari uko biteganyijwe mu mategeko mpuzamahanga ya FIVB, ko shampiyona zo mu bihugu zitarenza muri Gicurasi.

Imikino y’Umunsi wa Mbere wa Playoffs iteganyijwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Werurwe no ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Werurwe, mu gihe iya kabiri izakinwa tariki ya 21 n’iya 22 Werurwe 2025.

Mu gihe hazaba hari amakipe anganya umukino umwe kuri umwe, hazakinwa undi wo kwisobanura, uzaba tariki ya 23 Werurwe 2025.

Umukino wa nyuma n’uwo guhatanira umwanya wa gatanu izakinwa tariki ya 29 Gicurasi, iya 9 n’iya 10 Gicurasi na tariki ya 11 Gicurasi 2025 mu gihe haba habayeho kunganya.

Ubuyobozi bwa FRVB bwaganiriye n'itangazamakuru ku mikino ya kamarampaka itangira mu mpera z'iki cyumweru
Perezida wa FRVB, Ngarambe Raphaël, yavuze ko Shampiyona y'uyu mwaka yari ku rwego rwo hejuru
Umuyobozi wa Tekinike muri FRVB, Kubwimana Gerturde, asobanura uko imikino ya kamarampaka izakinwa
Nshuti Thierry ushinzwe Ubucuruzi muri Forzza Bet yitabiriye iki kiganiro, aho iyi sosiyete ari umwe mu baterankunga b'iyi mikino
Athan Tashobya yari ahagarariye ubuyobozi bwa Rwanda Airports Company na yo yashyigikiye iyi mikino ya kamarampaka
Kayiranga Ephrem wa Radio/TV10 na Jado Max wa Kiss FM bari mu bitabiriye iki kiganiro n'itangazamakuru
Umunyamakuru Jado Max wa Kiss FM abaza ikibazo
Umunyamabanga Mukuru wa FRVB, Mucyo Philbert
Habimana Sadi ukorera Umuseke, abaza ku bijyanye n'imyiteguro y'imikino ya kamarampaka
Jean Claude Byiringiro ushinzwe Ibikorwa bya FRVB

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .