00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto 80 yaranze ibirori byo gutangiza Imikino Olempike

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 24 Nyakanga 2021 saa 06:01
Yasuwe :

Imikino Olempike ya Tokyo 2020 yari yarasubitswe mu mwaka ushize, yafunguwe ku mugaragaro ku wa Gatanu, aho Naomi Osaka ukina Tennis ari we wacanye urumuri rwayo mu birori byabereye muri Stade Olympique itarimo abafana kubera ingamba zo kwirinda COVID-19.

Ibi birori byabaye ku wa Gatanu byafashwemo umwanya wo kwibuka abamaze guhitanwa n’icyorezo cya COVID-19.

Imbere y’abashyitsi bagera kuri 950 bari muri Stade Olympique, Abayapani berekanye byinshi bigize umuco wabo mu mbyino zinyuranye.

Mu bitabiriye ibirori byo gufungura iyi mikino bari muri iyi stade ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 68, harimo Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, Umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jill Biden, Umwami w’u Buyapani Naruhito na Minisitiri w’u Buyapani, Yoshihide Suga.

Abakinny bo mu bihugu bitandukanye bitabiriye iyi mikino kuva ku bo mu Bugereki baserutse mbere kugeza ku Bayapani bari mu rugo, batambutse muri Stade Olympique mu karasisi.

U Rwanda rwaserutse ari urwa 201 nka kimwe mu bihugu 206 byitabiriye iyi mikino, ku nshuro ya 10 yarwo rukaba ruhagarariwe n’abakinnyi batanu bakina imikino itatu.

Hakizimana John usiganwa Marathon, Yankurije Marthe usiganwa metero 5000 ku maguru, Mugisha Moïse usiganwa ku igare, Maniraguha Eloi na Agahozo Alphonsine barushanwa mu koga umusomyo muri metero 50.

Imikino Olempike ya Tokyo 2020 iri kuba hubahirizwa ingamba zitandukanye zo kwirinda COVID-19 dore ko ku wa Gatanu, uyu mujyi wabonetsemo abarwayi 1.359 ba COVID-19 .

Kuri ubu, ubwandu 110 bwa COVID-19 ni bwo bumaze kugaragara bufite aho buhuriye n’Imikino Olempike ya 2020, aho ku wa Kane habonetse abanduye 25 mu gihe abakinnyi bamaze kwandura ari 13.

Umukino wa Beach Volleyball wagombaga kuba kuri uyu wa Gatandatu wakuweho kubera ko Umunya-Repubulika ya Tchèque; Marketa Nausch-Slukova ukinana na Barbora Hermannova, yanduye COVID-19, bityo Abayapanikazi Miki Ishii na Megumi Murakami bakomeza batsinze amaseti 2-0 kuri mpaga.

Itsinda ry'ababyinnyi berekana bimwe mu bigize umuco w'Abayapani mu birori byo gufungura imikino ku Tokyo 2020
Cecilia Carranza Saroli na Santiago Raul Lange batwaye ibendera rya Argentine mu birori byo gufungura imikino ku Tokyo 2020
Abakinnyi bo muri Autriche batambuka mu karasisi
Abanya-Arabie Saoudite batambutse bifata amafoto mu birori byo gufungura imikino
Abakinnyi bo mu Buholandi batambuka mu karasisi
Abanya-Argentine baboneyeho gufata ifoto ubwo bakoraga akarasisi
Abakinnyi bo mu Bushinwa batambuka mu byishimo byinshi
Bamwe mu babyinnyi biyerekana mu birori byo gufungura iyi mikino
Fatimah Abbas Waheeb Al-Kaabi na Mohammed Al-Khafaji batwaye ibendera rya Iraq
Ibishashi byarashwe bitunguka hejuru ya Stade Olympique yabereyemo ibirori byo gufungura iyi mikino
Anna Korakaki na Eleftherios Petrounias ni bo bari batwaye ibendera ry'u Bugereki
Clarisse Agbegnenou na Samir Ait Said batwaye ibendera ry'u Bufaransa
Hanna Minenko na Yakov Toumarkin bayoboye itsinda rya Israel mu Mikino Olempike
Harmannpreet Singh na Mary Kom Hmangte bayoboye bagenzi babo bo mu Buhinde
Itsinda ry'abakinnyi ba Misiri ritambuka, rirangajwe imbere na Hedaya Wahba na Alaaeldin Abouelkassem bari batwaye ibendera
Malia Paseka na Pita Taufatofua bayoboye itsinda rya Tonga
Abanya-Ukraine barangajwe imbere na Olena Kostevych ma Bogdan Nikishin
Abanya-Cameroun baserutse bayobowe na Joseph Essombe Tiako na Albert Mengue Ayissi bari batwaye ibendera
Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, yitabiriye uyu muhango dore ko Imikino Olempike ya 2024 izabera i Paris
Umwami w'u Buyapani, Naruhito, ageza ijambo ku bashyitsi barimo Perezida Macron na Jill Biden mbere y'ibirori byo gufungura Imikino Olempike
Keet Oldenbeuving na Churandy Martina bayoboye bagenzi babo bo mu Buholandi
Ketleyn Quadros na Bruno Mossa Rezende bayoboye Abanya-Bresil
Laura Ludwig na Patrick Hausding batwaye ibendera ry'u Budage
Abagize ikipe ya Pologne baseruka ku karasisi
Mercy Moim na Andrew Amonde ni bo bari batwaye ibendera rya Kenya
Abanya-Espagne baserutse barangajwe imbere na Mireia Belmonte na Saul Craviotto
Nafissatou Thiam na Felix Veronique B. Denayer batwaye ibendera ry'u Bubiligi
Abanyarwanda bitabiriye Imikino Olempike baserutse mu myambaro ya Made in Rwanda
Agahozo Alphonsine akurikiwe na Hakizimana John bari batwaye ibendera ry'Igihugu i Tokyo muri Stade Olympique
Bamwe bitwaje ibyaba bisaba ko Imikino ya Tokyo 2020 yahagarikwa
Abanya-Finland batambuka mu karasisi
Ibendera ry'Imikino Olempike ya Tokyo n'ikirango cyayo byagaragajwe kandi muri ibi birori
Abaturage batari bemerewe kwinjira muri Stade, bafatiraga amafoto hanze
Umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jill Biden, agera ku ngoro y'Umwami w'u Buyapani Naruhito
Yusra Mardini na Tachlowini Gabriyesos bayoboye ikipe y'impunzi zatumiwe mu Mikino Olempike
Zhu Ting na Zhao Shuai batwaye ibendera ry'u Bushinwa
Byari ibirori biryoheye amaso...
Abayapani berekanye byinshi bijyanye n'umuco wabo
Abanya- Australia bifotoza ubwo bari baserutse mu karasisi
Patty Mills na Cate Campbell bayoboye itsinda rya Australia
Ibishashi byaturikijwe mu birori byo gufungura Imikino Olempike
Hanna Mills na Mohamed Sbihi bayoboye bagenzi babo bo mu Bwami bw'u Bwongereza
Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, aganira n'Umugore wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jill Biden
Perezida wa Komite Olempike Mpuzamahanga, Thomas Bach, asuhuzanya na Seiko Hashimoto uyoboye ibikorwa by'Imikino Olempike ya Tokyo
Ibendera ry'u Buyapani ryazamuwe ubwo haririmbwaga indirimbo yabwo
Umwami w'u Buyapani, Naruhito, wari umushyitsi mukuru, asuhuza abantu bake bitabiriye ibi birori
Amatara 50 yacanywe mu buryo bugaragaza imikino 50 izakinwa mu Mikino Olempike y'uyu mwaka
Naomi Osaka umaze kwegukana Grand Slam enye muri Tennis, ni we wacanye urumuri rw'Imikino Olempike ya Tokyo 2020
Siporo zitandukanye zizakinwa zerekanwe mu birori byo gufungura iyi mikino
Abayobozi batandukanye barimo Thomas Bach uyobora Komite Olempike Mpuzamahanga (hagati), Umwami Naruhito (wa kabiri iburyo) na Minisitiri w'Intebe Yoshihide Suda (iburyo)
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni zo zifite abakinnyi benshi i Tokyo
Ubwo Naomi Osaka yari amaze gucana urumuri rw'Imikino Olempike ya Tokyo 2020

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .