00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umuryango wa Hakizimana Gervais wahakanye raporo y’abaganga ku cyateye urupfu rwe

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 17 February 2024 saa 11:27
Yasuwe :

Umuryango w’Umutoza Hakizimana Gervais uherutse kwitaba Imana azize impanuka, watangaje ko utemera raporo y’abaganga usaba Leta ya Kenya gutangiza iperereza.

Ku Cyumweru, tariki 11 Gashyantare 2024 nibwo Umutoza Hakizimana n’Umunya-Kenya yatozaga, Kelvin Kiptum, wari ufite agahigo ku gusiganwa Marathon mu gihe gito ku Isi baguye mu mpanuka y’imodoka.

Ikinyamakuru The Citizen cyatangaje ko Umuryango wa Hakizimana utemera raporo y’abaganga ivuga ko uyu mugabo w’imyaka 36 yazize kuva amaraso menshi yavuye mu mutwe.

Dr Benson Macharia yatangaje ko uyu mugabo yazize amaraso menshi yavuye mu mutwe bityo akabura umwuka ujya mu bwonko.

Ati “Nakwemeza ko icyateye urupfu rwa Hakizimana ari ukuva amaraso menshi mu mutwe bityo umwuka wo guhumeka ntushobore kugera mu bwonko (intracranial hemorrhage). Ibi rero byakomeje kuba nyuma y’impanuka yakoze.”

Sandrine, Umwishywa wa Hakizimana yavuze ko batemera raporo y’abaganga kuko babonaga nta bikomere bikomeye yari afite.

Ati “Ukurikije ibigaragara, umubiri wari umeze neza uretse ibikomere bito yagize. Turibaza ukuntu wakora impanuka ikomeye kuriya, imodoka yangiritse kariya kageni ntugire igikomere ku mubiri.”

Yakomeje asaba Leta ya Kenya gutangiza iperereza kuko batemera raporo y’abaganga.

Ati “Turasaba Leta ya Kenya gutangiza iperereza hakiri kare kuko ntabwo tunyuzwe na buri kimwe turi kubona.”

Biteganyijwe ko umubiri wa Hakizimana uragezwa mu Rwanda ku wa Gatandatu, mu gihe biteganyijwe ko azashyingurwa ku wa Gatatu, tariki 21 Gashyantare 2024 i Rusororo.

Umuryango wa Hakizimana Gervais ( uri iburyo) wasabye Leta ya Kenya gutangiza iperereza kuko utemera raporo y'abaganga
Imodoka Hakizimana na Kelvin Kiptum baguyemo yarangiritse bikomeye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .