00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbamutima z’abitabiriye ’Nyungwe Marathon 2025’ (Amafoto & Video)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 March 2025 saa 03:10
Yasuwe :

Impera z’icyumweru zari nziza ku bakunzi ba siporo rusange, aho ku wa Gatanu no ku wa Gatandutu bari bitabiriye isiganwa rya ‘Nyungwe Marathon’ ribera muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), ryashyize Ishyamba rya Nyungwe mu murage w’Isi kubera ko ari icyanya gifite itandukaniro n’ibindi byanya biri hirya no hino ku Isi, bitewe n’urusobe rw’ibinyabuzima biribamo.

Kuba ari rinini, ryiza kandi rikaba mu akuze ku Isi, bituma rigira akamaro by’umwihariko ku barisura haba abenegihugu n’abanyamahanga.

Buri mwaka haba hari amahirwe ku bifuza kugera muri iri shyamba, by’umwihariko ku bakora siporo, dore ko haba hari n’umwuka mwiza utuma zigenda neza.

Abitabiriye Nyungwe Marathon ya 2025, bagaragaje ko yari iteguye neza ku buryo budasanzwe, byatumye abayigezemo bifuza gukomeza kuyitabira. Ibi byagarutsweho na Uwase Aline waganiriye na IGIHE.

Yagize ati “Ni inshuro ya kabiri nitabiriye ‘Nyungwe Marathon’ naherukagamo mu 2018, byinshi byarahindutse mu ngeri zitandukanye. Ndishimye cyane kuba nabashije kwiruka ibilometero 12. Icyo nkundira iri siganwa ni uko mba ndi kwiruka mu ishyamba ririmo umwuka mwiza kandi nkaba ndi kumwe n’ibindi binyabuzima.”

Rwagasore Jean Bosco ni umwe mu bakuze baba bari muri iri siganwa amaze kwitabira inshuro enye, akaba yavuze ko rifasha cyane abageze mu zabukuru.

Ati “Uyu ni umuhango mwiza utuma duhura tukanasabana n’abantu bavuye ahantu henshi. Njye ndakuze mfite imyaka iri hejuru, bityo rero riramfasha cyane kuko siporo ni ubuzima. Turashimira Leta y’u Rwanda yabiteguye kuko bihuza abakuze n’urubyiruko. Twifuza ko rizakomeza kuba.”

Iri siganwa riba buri mwaka, riba ritagamije kurushanwa ahubwo ari ugukora siporo yo kugenda n’amaguru, kwiruka no kugenda n’igare, hari abakora intera y’ibilometero 106 ari byo byitwa “The Double Double event”.

Bivuze ko bava mu Gisakura bakagera ku Kitabi, bakongera bagasubira aho batangiriye.

Hari kandi abakora intera y’ibilometero 53 ku maguru, abakora Igice cya Marathon (ibilometero 21) n’abasiganwa intera y’ibilometero 12, mu gihe hari n’abasiganwa ku magare.

Abitabira ‘Nyungwe Marathon’ kandi baryoherwa no kwifotoreza mu mirima y’icyayi ya Gisakura, ahari uruganda rugitunganya, gusura Isumo rya Ndambarare n’inzira yo mu kirere izwi nka “Canopy Walkway”.

Ababishoboy muri Nyungwe Marathon bakorsha amagare
Nyungwe Marathon ni siporo mpuzamahanga yitabirwa n'abaturutse mu bihugu bitandukanye
Abasiganwa ku magare buri wese agenda uko abyifuza
Muri Pariki ya Nyungwe harimo imisozi ibereye ijisho
Nyungwe Marathon ni siporo yitabirwa n'abakunze gukora siporo rusange
Muri Nyungwe Marathon abayitabiriye barafashanya
Umwe mu bitabiriye Nyungwe Marathon yitegura gukoresha igare
Ku munsi wa Nyungwe Marathon imihanda irafungwa igaharirwa abakora siporo
Abagiye gukora siporo babanza kunanura imitsi
Abakora siporo bahaguruka mu byiciro bitandukanye
Ni isiganwa rituma benshi basabana
Abakora siporo ntibaba bagamije gutsindanwa
Abakora siporo baba bari kumva umwuka mwiza w'Ishyamba rya Nyungwe
Iyi siporo ifasha abayitabira kugira ubuzima bwiza
Abari muri siporo baba bafite umuhate wo kurangiza ibilometero bashyiriweho
Kugenda n'amaguru ni imwe muri siporo zikorwa
Mbere yo gutangira babanza guhabwa amagwiriza
Uba ari umunsi udasanzwe ku rubyiruko rwitabira siporo ya Nyungwe Marathon
Nyungwe Marathon itegurwa n'Urwego rw'Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB)
Abakuze ntabwo baba batanzwe muri Nyungwe Marathon
Abakoresha amagare bagera hagati bakongera kunanura imitsi
Hari abafata uyu mwanya nk'uwo kwinezeza mu rukundo rwabo
Abanyamahanga baturuka mu bihugu byabo bagiye kumva uburyohe bwo gukorera siporo muri Nyungwe
Ibyishimo biba ari byose ku bitabira iyi siporo
Abari muri siporo baba bacyeye ku maso
Umubyeyo afasha umwana we gutuganya igare ari gukoreraho siporo
Abana bahuza urugwiro n'ababyeyi babo igihe bari muri Nyungwe Marathon
Aho isiganwa risorezwa haba hateguwe
Uwitabira wese ahabwa umudali
Nyungwe Marathon ni siporo ngarukamwaka
Nubwo umuhanda wari waguyemo imvura ntibyabujeje aba-sportifs gukorera siporo muri Nyungwe
Usohotse mu ishamba abona imirima y'icyayi iteye amabengeza
Abakora iyi siporo baba bahumeka umwuka mwiza uturuka mu biti by'inganzamarumbo biri mu Ishyamba rya Nyungwe
Ishyamba rya Nyungwe riri mu mashyamba akuze muri Afurika
Imidali yahawe abakinnyi bitabiriye Nyungwe Marathon
Siporo yasojwe abayitabiriye banyuzwe n'uko yagenze

Amafoto: Kwizera Remy Moses
Video: Igena Sage


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .