00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamahanga barenga 100 bazitabira ‘Ultra Marathon’ izakinirwa mu Rwanda bwa mbere

Yanditswe na Jah d’eau Dukuze
Kuya 20 December 2024 saa 03:11
Yasuwe :

Ultra X isanzwe itegura amasiganwa mpuzamahanga y’ahantu harehare yamaze kwemeza ko muri Mutarama 2025 Abanyarwanda bazahatana n’abanyamahanga mu gusiganwa ibilomtero 110, mu irushanwa rizabera mu turere twa Burera na Musanze.

Iri siganwa rigiye gukinwa ku nshuro ya mbere mu Rwanda, rizaba ku wa Gatandatu tariki 25 Mutarama no ku Cyumweru tariki 26 Mutarama 2025, aho abakinnyi bazahitamo kwiruka iyo minsi ibiri yose cyangwa se bagasiganwa ibilometero 50 byo ku Cyumweru honyine.

Avuga kuri iri siganwa, Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard yatangaje ko yizeye ko rizafasha Abanyarwanda kugaragaza ubuhanga bwabo no guhatana ahantu harehare, akangurira abo hirya no hino kwitabira iri siganwa.

Ati “Iri ni isiganwa rizaba rigamije guteza imbere umuco wo gusiganwa ahantu harehare, aho rizanerekana ishyaka no guhatana mu bazaryitabira.”

Alison Thorpe, Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda nka kimwe mu bihugu byatangiriyemo aya masiganwa na we yavuze ko yishimiye ko Ulta Marathon igiye gukinwa mu gihugu cy’imisozi 1000, anifuriza amahirwe masa abazayitabira bose.

Iri siganwa rizabera mu gace gateye amabengeza ka Burera na Musanze, ahabarizwa ibiyaga by’impanga bya Burera na Ruhondo hamwe n’ibirunga nka Muhabura, Sabyinyo, Karisimbi, Bisoke, na Gahinga.

Umuyobozi w’iri siganwa, Alexander Fetherston-Godley yavuze ko barizanye mu Rwanda kubera ko ari igihugu cyuje ibyiza nyaburanga, aho ku bifuza ko abanyamahanga bamenya ibyiza birutatse mu gihe banashaka ko Abanyarwanda n’abo mu Karere baryitabira ku bwinshi.

Kugeza ubu, abanyamahanga barenga 100 baturuka mu bihugu birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Australia n’u Bwongereza, ni bo bamaze kwemeza ko bazitabira iri siganwa rizakinwa mu mpera z’ukwezi gutaha.

Ultra X izwiho gutegura amasiganwa abera ahantu hagoye hirya no hino ku Isi kandi akinirwa ku ntera ndende irenze iya Marathon isanzwe. Bateguye amasiganwa mu bihugu nka Tanzania, Ecosse, Finland, Slovenia, Pays de Galles, u Bwongereza, Jordanie, Nevada, Maroc, na Madeira.

Ultra Marathon izanyura ku biyaga bya Burera na Ruhondo
Abanyarwanda n'abatuye mu Karere bakanguriwe kwitabira iyi mikino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .