00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakozi ba BPR Bank Rwanda Plc bifatanyije n’abanya-Kigali muri Car Free Day

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 3 March 2024 saa 02:09
Yasuwe :

Abakozi ba BPR Bank Rwanda Plc bifatanyije n’abatuye Umujyi wa Kigali muri Siporo rusange izwi nka ’Car Free Day’, mu kugaragaza ishusho yo kubungabunga neza ubuzima bw’abakozi.

Ku Cyumweru tariki ya 3 Werurwe 2024, nibwo mu Mujyi wa Kigali habaye Siporo Rusange isanzwe iba kabiri mu kwezi ya ’Car Free Day’, yitabirwa n’abayobozi mu nzego zitandukanye za Leta, ab’ibigo byikorera n’abandi basanzwe biganjemo abakuru n’abana.

Abakozi ba BPR Bank Rwanda Plc ni bamwe mu bitabiriye iyi siporo, bahagurukira ku cyicaro gikuru cyayo berekeza ku busitani bwa Kimihurura ahaherutse kuzura inzira yo gukoreramo siporo.

Bakihagera babuzengurutse n’amaguru, abandi bifashisha amagare ariko nyuma bahurira hamwe mu gikorwa cyo kunanura imitsi, banasogongera ku mahumbezi y’ubwo busitani.

Umuyobozi ushinzwe abakozi muri BPR Bank Rwanda Plc, Batanyagwa Lilian, yavuze ko iki gikorwa kigira uruhare mu guhuriza hamwe abakozi no kubafasha kuruhuka.

Yagize ati “Ni igikorwa twakoze kugira ngo dukangurire abakozi gukora siporo kuko bamara igihe kinini bita ku bakiliya bakaba baba bakeneye umwanya wo kwita kumibereho myiza y’imibiri yabo. Ibi kandi bihuza abakozi mu rwego rwo kububakamo gukorera hamwe nk’ikipe.”

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Mutesi Patience, yavuze ko hari na gahunda yo kwagura igikorwa nk’iki kikagera no mu bakiliya b’iyi banki.

Ati “Turi banki ishingiye ku baturage, gukorera hamwe siporo rero bituma twegerana nabo ndetse bikanaduhuza hanze y’ibiro. Tugira Imana y’uko igihugu kiduha umwanya wo guhura tugakora siporo. Ni byiza ko umubiri uba umeze neza kugira ngo utange serivisi nziza.”

“Hari igitekerezo cyiza cyo gukorana siporo n’abakiliya bacu, ubu twatangiye nk’abakozi ariko uko iminsi izagenda yigira imbere hari amahirwe yo gukorana na bo.”

Siporo rusange ku bakozi ba BPR Bank Rwanda Plc yahurije hamwe bamwe mu bakora ku cyicaro cyayo gikuru ndetse n’abakora ku yandi mashami yayo ari mu Mujyi wa Kigali.

BPR Bank Rwanda Plc ni imwe muri banki z’ubukombe mu Rwanda ibarirwa mu abakiliya barenga ibihumbi 500, ku mashami ifite hirya no hino mu gihugu atanga serivisi zayo zitandukanye agera ku 153.

Abakozi ba BPR Bank Rwanda Plc bakorera mu Mujyi wa Kigali ni bo bitabiriye igikorwa cya siporo rusange
Abakozi ba BPR bakoze siporo zoroheje zirimo kunanura amaguru
Bamwe mu bakozi ba BPR Bank Rwanda Plc bifashishije amagare mu gukora siporo
Abakozi bose bahagurukiye rimwe ku cyicaro gikuru cya BPR Bank Rwanda Plc
Mu bihe bizaza abakozi ba BPR Bank Rwanda Plc bazajya bakorana n'abakiriya babo
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Mutesi Gatera Patience, yifatanyije n'abandi bakozi b'iyi banki muri siporo

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .