Ku wa Kane, tariki ya 3 Nyakanga 2025, ni bwo Trump yatangaje ko uyu mukino uzaba mu mwaka utaha ukazaba mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 250 ishize Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibohoye.
Ati “Hari umuntu waba warigze areba umukino wa UFC, Hari uwabonye Dana White? Tugiye kugira umurwano wa UFC, kandi mutekereze hano muri White House, dufite ubutaka bunini.”
Trump yavuze ko uyu ari umurwano uzaba mu buryo bw’irushanwa rigahuza abakinnyi babigize umwuga ndetse n’abatarabigize umwuga, ukazitabirwa n’abafana bari hagati y’ibihumbi 20 n’ibihumbi 25.
Usibye kuba Perezida Trump ari inshuti idasanzwe ya Perezida wa UFC, Dana White, ni n’umukunzi w’uyu mukino, dore ko no mu kwezi gushize yagaragaye mu mukino wa UFC.
Nyuma yo kwemeza uyu mukino, Umuyobozi ushinzwe Itangazamakuru muri White House, Karoline Leavitt, na we yanyujije ubutumwa kuri X, avuga ko “bizaba bidasanzwe”.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!