00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wheelchair Basketball: Amakipe ya Kicukiro yegukanye Irushanwa ry’Intwari (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 26 January 2025 saa 11:00
Yasuwe :

Amakipe ya Kicukiro mu bagabo n’abagore, yombi yegukanye Igikombe cy’Irushanwa ry’Intwari mu mukino wa wheelchair Basketball nyuma yo kwitwara neza mu mikino yakinwe kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Mutarama 2025.

Iyi mikino yabereye muri Gymnase ya NPC Rwanda i Remera, yari yitabiriwe n’amakipe arindwi arimo ane y’abagabo n’andi atatu y’abagore.

Mu bagabo, Kicukiro yageze ku mukino wa nyuma itsinze Gasabo amanota 30-20 mu gihe Musanze yatsinze Indangamirwa amanota 29-24.

Kicukiro yegukanye igikombe nyuma yo gutsinda Musanze iyirusha cyane kuko yashyizemo ikinyuranyo cy’amanota 19 (49-30), umwanya wa gatatu wegukanwa na Gasabo yatsinze Indangamirwa amanota 39-17.

Mu bagore, Kicukiro yegukanye Igikombe cy’Intwari itsinze Gasabo amanota 32-6, ni nyuma y’uko yari yatsinze Move Dream amanota 48-6 mu mukino wabanje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), Nkusi Déo, yavuze ko amarushanwa nk’aya ari umwanya mwiza wo guha ubutumwa abantu bayitabira barimo abayikina n’abayireba.

Ati “Uyu munsi birihariye kuko ni mu mikino y’abafite ubumuga kandi na bo bafite ibintu byinshi bakora, bageza ku Rwanda, za ndangagaciro tuvuga bafite uko bazigisha abandi. N’abantu bafite ubumuga ubwo ari bwo bwose bashobora kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu kandi bagaragaje ko bashoboye.”

Ni ku nshuro ya kane Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO) rufatanya na Komite y’Igihugu y’Abafite Ubumuga (NPC Rwanda) gutegura amarushanwa y’Intwari.

Mu nshuro ebyiri zabanje, amarushanwa yakinwe mu mukino wa Sitting Volleyball mu gihe mu 2024 hakinwe Goalball.

Perezida wa NPC Rwanda, Murema Jean Baptiste, yavuze ko impamvu bahindura siporo zikinwa mu Irushanwa ry’Intwari ari ukugira ngo abakinnyi bafite ubumuga bose bisange muri iri rushanwa ndetse babashe kurisobanukirwa.

Ati “Nk’uko mubizi dufite imikino myinshi kandi abakinnyi bakina iyo mikino ntabwo ari bamwe. Kugenda tuzana siporo imwe, ubutaha tukazana indi, aba ari ukugira ngo abakinnyi bamenye iri rushanwa icyo ari cyo, basobanukirwe izo ndangagaciro batubwiraga, cyane cyane kumenya ngo ubutwari ni iki, bagomba kwitwara gute nk’abakinnyi bakina.”

Kapiteni w’Ikipe ya Kicukiro y’Abagabo, Rwampungu Meshack, yavuze ko gukina iri rushanwa hari izi ndangagaciro bibongerera nk’urubyiruko.

Ati “Bivuze ikintu kinini, nkanjye icyo nakuyemo ni ukongera kwibuka indangagaciro nk’umukinnyi, kumva ko uri mukinnyi ariko atari wowe uri kwikinira, ukibuka gukunda igihugu, gukorana n’abandi no kwiteza imbere.”

Ibyo abihuriyeho na Kapiteni w’Ikipe ya Kicukiro y’Abagore, Mutesi Faith, na we wavuze ko iri rushanwa ryongera kubibutsa ko basabwa gutera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu.

Ati “Twishimye kuba twatwaye igikombe. Ntabwo byari byoroshye gutsinda amakipe abiri twakinnye ariko twashyizemo imbaraga birakunda. Gukina iri rushanwa biduhesha ishema, aho natwe twumva tugomba kurangwa n’ibikorwa nk’ibyaranze intwari z’igihugu.”

Umunsi w’Intwari z’Igihugu uzizihizwa ku nshuro ya 31 tariki ya 1 Gashyantare 2025, ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, inkingi z’iterambere.”

Imikino y'Irushanwa ry'Intwari muri Wheelchair Basketball yabereye muri Gymnase ya NPC kuri iki Cyumweru
Amakipe ane y'abagabo n'atatu y'abagore ni yo yakinnye iri rushanwa
Perezida wa NPC Rwanda, Murema Jean Baptitse, yavuze ko impamvu bahinduranya imikino iri rushanwa ribamo ari ukugira ngo abakinnyi bose babashe kurikina
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), Nkusi Déo, yavuze ko abafite ubumuga bongeye kwerekana ko bashoboye
Ikipe ya Kicukiro y'Abagore yishimira igikombe yegukanye
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa (CHENO), Nkusi Déo, ashyikiriza igikombe Rwampungu Meshack wa Kicukiro
Byari ibyishimo ku Ikipe y'Abagabo ya Kicukiro nyuma yo kwegukana igikombe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .