00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uzatsinda hagati ya Tyson Fury na Oleksandr Usyk azegukana umukandara wakozwe n’Abanyarwanda

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 11 December 2024 saa 08:02
Yasuwe :

Tyson Fury na Oleksandr Usyk bari mu bahanga mu mukino w’iteramakofe bagiye kongera guhurira mu murwano, aho uzitwara neza azegukana umukandara wakozwe n’Abanyarwanda.

Uyu mukino utegerejwe na benshi ku Isi, uteganyijwe tariki ya 21 Ukuboza 2024 i Riyadh muri Saudi Arabia.

Ni uwa kabiri ugiye guhuza impande zombi, nyuma y’aho Oleksandr Usyk atsinze Tyson Fury muri Gicurasi 2024, mu murwano wakinwe uduce (round) icyenda.

Icyo gihe, Usyk yegukanye igihembo cy’indwanyi idatsindwa ’undisputed heavyweight’, bityo Fury akaba yarifuje kujurira.

Nyuma y’uyu murwano, uzatsinda azahembwa umukandara wakozwe n’Abanyarwanda bo muri sosiyete ya ’63 creatives’ izwiho ibikorwa byinshi by’ubugeni.

Umuyobozi wa 63 creative, Khalilu Rahman yatangaje ko ari amahirwe akomeye ku rubyiriko rwa Afurika.

Ati “Uyu mushinga wari amahirwe akomeye yo kwerekana icyo Abanyafurika dushoboye. Intego yacu yari ugukora ikintu kigaragaza ibigwi by’umuco w’umugabane wacu, aho buri kimwe kigize igihembo cyerekana ubumwe n’imbaraga.”

Iyi sosiyete yakoze iki gihembo ku bufatanye n’Umuryango Carlos Takam Foundation uri gushinga imizi mu Rwanda, washinzwe na Carlos Takam wabaye umukinnyi w’Iteramakofe ukomeye ku Isi

Iki gihembo kandi cyakozwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 50 ishize habaye umurwano w’amateka wahuje kizigenza Muhammad Ali ufatwa nk’uw’ibihe byose muri uyu mukino na George Foreman.

Wabereye i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo icyo gihe yitwaga Zaire mu 1974. Uyu murwano wiswe ’Rumble in the jungle’.

Umuzenguruko w’iki gihembo ukozwe mu mabara y’igisamagwe. Impande zombi ziriho umutwe wacyo nk’ikimenyetso cy’imbaraga n’ubuhangage bihujwe n’umuco w’Abanyafurika.

Hagati muri iki gihembo hashushanyijemo ikarita y’Umugabane wa Afurika, aho Zaire (DRC) bayerekana iri mu kibabi cya Zabahu, ikikijwe n’amabendera y’ibihugu bigize WBC.

Muri icyo kibabi, harimo umugabo ufashe urumuri ruhagarariye impinduramatwara yo muri Congo, byahujwe no kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize umurwano wa Ali na Foreman ubaye.

Uyu mugabane, uzengurutswe n’amenyo y’igisamagwe, bisobanura inyamaswa yatsinze izindi zo mu ishyamba, bigaragaza uwatsinze.

Iki gihembo cyakozwe n'Abanyarwanda
Minisitiri ufite imyidagaduro mu nshingano muri Arabie Saoudite, Turki AbdulMuhsen AlAlShikh, yakira iki gihembo
Oleksandr Usyk azongera kurwana na Tyson Fury tariki ya 21 Ukuboza 2024
Mu mukino uheruka, Oleksandr Usyk yatsinze Tyson Fury

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .