00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tyson Fury yahagaritse iteramakofe

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 January 2025 saa 09:14
Yasuwe :

Tyson Fury wanditse amateka akomeye cyane mu mukino w’iteramakofe, yatangaje ko yahagaritse kuwukina.

Muri Gashyantare 2024, uyu mugabo yavuze ko agiye kurwana nk’aho aribwo agitangira, asaba abamusaba guhagarika gukina gusubiza amerwe mu isaho.

Muri Gicurasi no mu Ukuboza 2024, yahise akina imirwano ikomeye cyane yamuhuje na Oleksandr Usyk, gusa yose arayitsindwa, ananirwa kwegukana umukandara w’indwanyi y’akataraboneka.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati “Nishimiye gutangaza ko nahagaritse gukina umukino w’iteramakofe, byari bikomeye cyane, nashimishijwe na buri munota nagiriyemo.”

Mu magambo ye yo gusezera kandi yavuze ko yari agikenewe, ashimangira ko agiye adashimishije abakunzi be.

Si ubwa mbere Fury ahagaritse gukina kuko muri Mata 2022, yatangaje uyu mwanzuro ariko nyuma y’amezi atandatu gusa yongera kwisubiraho.

Ahagaritse gukina ku myaka 36.

Hari hashize iminsi mike mugenzi we, Anthony Joshua agaragaje ko yifuza ko bazahurira mu mirwano.

Fury yabaye umukinnyi wa mbere ku Isi inshuro ebyiri, yegukana imikandara ya (World Boxing Association-WBA), (International Boxing Federation-IBF), (World Boxing Organization-WBO), (International Boxing Organization-IBO) na (World Boxing Council-WBC).

Tyson Fury yakinnye imirwano ikomeye irimo n'uwa Francis Ngannou
Si ubwa mbere Tyson Fury atangaje ko ahagaritse gukina, kuko yabigerageje no mu 2022
Tyson Fury ari kwereka abakunzi be umukandara wa WBC
Tyson Fury yabaye indwanyi idasanzwe
Tyson Fury yakubise Derek Chisora ubwo barwaniraga umukandara wa WBC
Oleksandr Usyk yatsinze Tyson Fury muri Gicurasi 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .