00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alcaraz yitandukanyije na Djokovic wajyanye Impuzamashyirahamwe ya Tennis ku Isi mu nkiko

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 20 March 2025 saa 08:26
Yasuwe :

Carlos Alcaraz yatangaje ko yatunguwe no kubona bagenzi be bayobowe na Novak Djokovic batanga ibirego ku mashyirahamwe ategura amarushanwa akomeye ku Isi, bayashinja kutabubaha no kutabaha agaciro.

Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Werurwe 2025, avuga ku myiteguro ye mu irushanwa rya Miami Open.

Muri iki kiganiro yabajijwe aho ahagaze ku birego byatanzwe n’Ishyirahamwe ry’abakinnyi ba Tennis (Professional Tennis Players’ Association - PTPA), riyobowe na Djokovic, avuga ko atazi aho byakorewe kandi yitandukanyije na byo.

Ati “Mvugishije ukuri nanjye byarantunguye, kuko nta muntu wigeze ubimbwiraho, ahubwo nabibonye ku mbuga nkoranyambaga nk’abandi. Nabonye mu byo bakoresheje barega harimo n’amagambo navugiye mu itangazamakuru, ariko sinari mbizi.”

“Muri make rero ntabwo iriya baruwa banditse nyishyigikiye, mbisubiremo ntabwo nyishyigikiye kuko nta kintu nyiziho. Singiye kuvuga ngo ibirimo byose simbyemera, harimo ibyo nemera, ariko muri rusange ntabwo nyemera.”

Muri ibi birego byatanzwe mu rukiko rwo mu mujyi wa New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haregwa amarushanwa akomye nka ATP Tour, WTA Tour n’amashyirahamwe n’Impuzamashyirahamwe ya Tennis ku Isi (ITF).

Aya yose ashinjwa gutegura amarushanwa akomeye hatitawe ku nyungu z’umukinnyi ukina, ahubwo harebwe ku kwinjiza amafaranga menshi ku bayategura.

Ibindi biregwamo ni ukudafata neza abakinnyi harebwa ku bwishingizi bw’ubuzima bwabo.

ATP yagize icyo ivuga kuri iri shyirahamwe ry’abakinnyi n’ibirego ryatanze, ihamya ko bidafite aho bishingiye kandi, ibona nta mumaro na muto rifiteye abakinnyi.

Yagize iti “Mu by’ukuri ririya shyirahamwe ni iryo gucamo ibice abakinnyi no kutabubaha. Bityo rero turahakana twivuye inyuma ibirego byose kuko mu by’ukuri nta kuri kurimo. Twizeye neza ko tuzahacana umucyo.”

“Nonese wavuga gute ko abakinnyi badahabwa agaciro kandi mu nama z’ubutegetsi haba harimo abahagarariye abakinnyi kandi bihitiyemo? Ikindi kandi abakinnyi bahembwa bishimishije bitewe n’uko bitwaye, bakagira n’ibyo bagenerwa kuko bitabiriye.”

PTPA ni ishyirahamwe ryashinzwe mu 2019 bigizwemo uruhare n’umwe mu bakinnyi bakomeye ku Isi muri Tennis, Novak Djokovic, rigamije guharanira no kwita ku burenganzira bw’abakinnyi ba Tennis.

Carlos Alcaraz yitandukanyije na Novak Djokovic uyoboye abarega abategura amarushanwa akomeye ku Isi
Carlos Alcaraz na Novak Djokovic ni bamwe mu bakinnyi bakomeye muri Tennis kugeza ubu
Novak Djokovic ayoboye abakinnyi barega amashyirahamwe ategura imikino ikomeye muri Tennis kutabaha agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .