00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Stefano Domenicali yahawe kuyobora Formula 1 kugeza mu 2029

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 March 2025 saa 03:33
Yasuwe :

Ikigo cya Liberty Media Corp kireberera umukino wa Formula 1, cyongeye kugirira icyizere Umutaliyani Stefano Domenicali, kimuha amasezerano mashya azamugeza mu 2029.

Domenicali yatangiye kuyobora ikigo cya Formula One Group muri Mutarama 2021, yemezwa nk’umuyobozi wacyo nyuma yo kugaragaza ko izi nshingano yazishobora kuko yanyuze mu ruganda rwa Lamborghini ndetse akayobora n’ikipe ya Ferrari.

Nyuma yo kumara imyaka itanu agafasha Formula 1 kugera ku rwego rwo hejuru ku bigendanye n’amarushanwa ndetse n’ubucuruzi, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 13 Werurwe 2025, hatangajwe ko yongerewe imyaka itanu.

Umuyobozi Mukuru wa Liberty Media, Derek Chang, yavuze ko impamvu bahisemo kumwongerera amasezerano, ari uko ibyo azakora bizakomeza gushingirwaho no mu gihe kiri imbere.

Ati “Twishimiye kuvugurura amasezerano na Stefano, kuko twizeye ko munsi y’ubuyobozi bwe Formula 1 izakomeza gutera imbere. Afite ubunararibonye mu ishoramari, kubaka aho abandi bazakomereza, ndetse azi no gukundisha abantu uyu mukino.”

Domenicali yavuze ko akirajwe ishinga no gukomeza ubucuruzi, kuko ari bwo ntwaro yo guteza imbere uyu mukino yihebeye kuva mu bwana bwe.

Ati “Nshimishijwe no gukomeza kuyobora uyu mukino nkunda mfata nk’ubuzima bwanjye kuva nkiri umwana. Nkashimira na Liberty Media ku cyizere bangiriye. Tuzakomza guha agaciro abafatanyabikorwa kuko ni bo baduha imbaraga zo gukomeza gukora.”

Uyu mugabo w’imyaka 59 ahawe kuyobora uyu mukino habura iminsi ibiri ngo umwaka w’imikino muri Formula 1 utangire, dore ko uteganyijwe gutangira tariki ya 16 Werurwe 2025, haba isiganwa rya Australian Grand Prix.

Mu byo azashyira imbere mu kwegera abafana b’uyu mukinno ku Isi yose, harimo no kongera kugeza iri siganwa muri Afurika, aho riheruka mu myaka 30 ishize.

Stefano Domenicali yayoboye uruganda rwa Lamborghini
Stefano Domenicali ashishikajwe no kongera abafatanyabikorwa no kwegera abafana muri Formula 1
Stefano Domenicali azakomeza kuyobora Formula 1 kugeza mu 2029

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .