00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu Rwanda ni ho yaboneye umwanya mwiza muri Tennis: Ibyo wamenya kuri Valentin Royer wihariye Rwanda Challenger

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 10 March 2025 saa 02:10
Yasuwe :

Umufaransa Valentin Royer yegukanye amarushanwa mpuzamahanga ya Tennis rya ‘ATP Challenger 75&100 Tour’ yaberaga i Kigali, kuva tariki ya 24 Gashyantare kugeza tariki ya 9 werurwe 2025.

Ni amarushanwa yitabiriwe n’abakinnyi bakomeye barenga 80 bo mu bihugu bitandukanye, bagamije gushaka amanota abafasha kuzakina andi marushanwa yo ku rwego rw’Isi.

Nyuma yo gusozwa kw’iyi mikino, izina rikomeye cyane ryasigaye mu mitwe y’Abanyarwanda ndetse n’abandi baturutse imihanda y’Isi baje kwitabira iyi mikino, ni Valentin Royer.

Uyu ni umukinnyi wa Tennis w’imyaka 23, wavukiye muri Komine ya Neuilly-sur-Seine, iherereye mu Burengerazuba bw’Umurwa Mukuru w’u Bufaransa, i Paris.

Akiri umwana muto ku myaka ine, ni bwo yatangiye gukunda umukino wa Tennis, abikuye ku mikino yakurikiranaga kuri za televiziyo, abyiruka akunda umunyabigwi muri uyu mukino w’Umunya-Espagne, Rafael Nadal.

Afite imyaka 14, ababyeyi be bimukiye muri Serbia aho Se yari yabonye akazi ko gukora mu isoko, gusa nyuma yo kukarangiza basubira mu Burafansa ari ho yigiye amasomo ye y’ibanze muri All-In Academy ndetse na French Riviera.

Ubwo iwabo babaga muri Serbia mu Mujyi wa Belgrade, yagize amahirwe yo kumenyana na Janko Tipsarević wabaye umukinnyi wa Tennis, akaba umutoza wayo wanashinze irerero riyigisha rya Janko Tipsarević Academy.

Guhura n’uyu mugabo byatumye Valentin Royer, amwigiraho byinshi ndetse kubera we amenya gukora cyane kandi agashikama ku ntego ze kugeza ageze ku cyo yaharaniye.

Kuva icyo gihe kandi yahise agira inzozi zo kuba umukinnyi wa Tennis wabigize umwuga, agahatana mu marushanwa akomeye ku rwego rw’Isi, dore ko umukinnyi afata nk’icyitegerezo ari Rafael Nadal, ariko mu buzima bwe akemera ibigwi by’umukinnyi wa filime w’Umunyamerika, Tom Cruise.

Usibye gukina Tennis, uyu mukinnyi undi wa ‘Wakeboarding’ [umukino wo gusiganwa kugenda hejuru y’amazi], ariko nanone muri ruhago akaba umukunzi wa FC Barcelona yo muri Espagne.

Abamubonye ku bibuga bya IPRC Kigali, ni umukinnyi utajya ubura ‘chocolat’ mu mpamba yitwaza, dore ko iri mu byo kurya akunda kurusha ibindi. Mu gihe afite umwanya uhagije, akina imikino yo ku ikoranabuhanga ‘Video Games’.

Ubuhanga bw’uyu mukinnyi bugaragaye mu myaka irindwi ishize, kuko ari bwo yagiye ku rutonde rw’abakinnyi ba Tennis ku Isi, ashyirwa ku mwanya wa 1639. Uyu mwaka ntiwamuhiriye ahubwo warangiye yisanze ku wa 1659.

Imikino yakinnye mu 2019, yamuhaye amanota menshi ndetse imusiga ku mwanya wa 821. Ibi byamufashije kwinjira neza mu 2020, aho yawusoje ari ku mwanya wa 655.

Kuva icyo gihe uyu mukinnyi yakomeje gukina amarushanwa atandukanye amuha amanota, kugeza ubwo yegukanye na ‘ATP Challenger 75 Tour yamuhaye amanota 75 na ‘ATP Challenger 100 Tour’ yamuhaye 100.

Gutsinda irushanwa ryabereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere byahise bimugeza ku mwanya wa 151. Uyu ni wo mwanya mwiza agize mu mateka ye ushobora no kujya hejuru nyuma yo kwegukana iryabaye mu cyumweru cya kabiri.

Mu mutwe wa Valentin Royer ntihazigera havamo u Rwanda kuko usibye kuhegukanira amarushanwa abiri yikurikiranya, yagize amahirwe yo gusura Pariki y’Akagera ahamya ko ari ahantu azahora yifuza kugaruka.

Valentin Royer yihariye amarushanwa yabereye mu Rwanda
Valentin Royer w'imyaka 23 yabaye umukinnyi mwiza wakinnye Rwanda Challenger
Valentin Royer yatangiye gukunda Tennis ku myaka ine
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashimiye Valentin Royer, wegukanye irushanwa ryo mu cyumweru cya mbere
Ambasaderi w'u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfré, yashimye Valeentin Royer wahesheje ishema igihugu cye
Valentin Royer yabonye amanota amuzamura ku rutonde rusange rw'abakinnyi ba Tennis ku Isi
Valentin Royer yavuze ko u Rwanda ari rwiza yakwifuza kuzongra kurukiniramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .