00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Koreya y’Epfo yababajwe no kwitiranywa n’iya Ruguru mu birori bitangiza Imikino Olempike

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 July 2024 saa 11:10
Yasuwe :

Koreya y’Epfo yatangaje ko yababajwe no kuba itsinda ryayihagarariye mu birori byo gutangiza Imikino Olempike ya Paris ku wa Gatanu, ryitiranyijwe na Koreya ya Ruguru bihangana, isaba abategura irushanwa kuyizeza ko iryo kosa ritazongera kubaho.

Ubwo ubwato butwaye abakinnyi ba Koreya y’Epfo bwatambukaga ku Mugezi wa Seine, uwari uyoboye ibirori yavuze ko ari “Democratic People’s Republic of Korea", izina ryemewe rya Koreya ya Ruguru mu Gifaransa no mu Cyongereza.

Ni byo kandi yavuze ubwo itsinda ry’abakinnyi ba Koreya ya Ruguru ryari ritambutse.

Minisitiri Wungirije ushinzwe Siporo n’Umuco muri Koreya y’Epfo, Jang Mi-ran, wari i Paris, yasabye guhura na Perezida wa Komite Olempike Mpuzamahanga, Thomas Bach.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’iyi Minisiteri rigira riti “Twababajwe no kuba igihugu cyacu cyatangajwe nka Koreya ya Ruguru mu birori byo gufungura Imikino Olempike ya Paris ubwo abakinnyi ba Repubulika ya Koreya binjiraga.”

Komite Olempike ya Koreya y’Epfo yahise imenyesha abategura Imikino ya Paris ikosa ryabaye, isaba ko ritongera kubaho.

Itsinda rya Koreya y’Epfo mu Mikino ya Paris rigizwe n’abakinnyi 143 bazarushanwa muri siporo 21. Koreya ya Ruguru, yongeye kwitabira Imikino Olempike bwa mbere nyuma y’iya 2016 i Rio, yohereje abakinnyi 16.

Abakinnyi ba Koreya y'Epfo batambuka ku Mugezi wa Seine ahabereye ibirori byo gutangiza ku mugaragaro Imikino Olempike ya 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .