00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iteramakofe: Daniel Dubois yatumije Oleksandr Usyk yifuza kwihoreraho

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 22 December 2024 saa 02:49
Yasuwe :

Umwongereza Daniel Dubois yatumije mu murwano Umunya-Ukraine, Oleksandr Usyk yifuza kwihoreraho kuko aheruka ku mutsinda mu 2023.

Dubois yabitangaje nyuma y’umukino Oleksandr Usyk yatsinze Tyson Fury, ku wa Gatandatu, i Riyadh muri Arabie Saoudite.

Ubwo wari urangiye, Dubois yagiye mu kibuga nyuma yo gutanga ibihembo ashimira Usyk ko yitwaye neza akegukana intsinzi anatangaza ko yifuza kujurira.

Mu murwano uheruka guhuza impande zombi wabereye muri Pologne mu 2023, Usyk yatsinze Dubois ariko ntiyemera intsinzwi kuko n’ubu akivuga ko yibwe ndetse mu gusaba ko bazongera kurwana yamwitaga umujura.

Dubois yagize ati “ Usyk ndashaka kwihorera. Wakoze neza iri joro ariko ndashaka kwihorera ku bujura bw’ubushize.”

Ntabwo hatangajwe igihe uyu murwano uzabera.

Izi ndwanyi zombi zihagaze neza muri iyi minsi kuko Daniel Dubois aheruka gutsinda Joseph Parker na Anthony Joshua, mu gihe Oleksandr Usyk amaze gutsinda Tyson Fury ubugira kabiri.

Oleksandr Usyk yatsinze Daniel Dubois mu mukino uheruka guhuza impande zombi
Oleksandr Usyk yasubiriye Tyson Fury
Daniel Dubois aheruka gutsinda Anthony Joshua
Daniel Dubois yatumije Usyk yifuza kwihoreraho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .