Aya makipe yabigezeho nyuma yo kwitwara neza muri ¼, aho Police HC yatsinze Gicumbi HT ibitego 32-22, APR HC itsinda UB Sports ibitego 47-30.
Indi mikino ya ¼, NCPB yo muri Kenya yandagaje Juba City yo muri Sudani y’Epfo iyitsinda ibitego 62-10, mu gihe SOS HC y’i Burundi yatsinze Cobra yo muri Sudani y’Epfo ibitego 46-37.
Muri ½, amakipe y’u Rwanda yahise ahura, aho Police HC na APR HC zigomba kwisobanura kuri uyu wa Gatanu, saa 18:00. Ni mu gihe NCPB na SOS HC zirabanza gukina saa 16:30.
NCPB yo muri Kenya ni ikipe yo kwitondera cyane kuko ifite iri rushanwa inshuro ebyiri ziheruka mu 2022 na 2023. Umwaka ushize yatsinze Gicumbi HT ku mukino wa nyuma ibitego 34-32.
Amahirwe menshi, umukino wa nyuma uzahuriraho iyi kipe yo muri Kenya n’iy’u Rwanda.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!