00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Handball: Police HC na Kiziguro SS zegukanye Igikombe cy’Intwari (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 19 January 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Ikipe ya Police HC mu bagabo na Kiziguro SS mu bagore, zegukanye Igikombe cy’Intwari cy’uyu mwaka muri Handball, kuri iki Cyumweru, tariki ya 19 Mutarama 2025.

Iri rushanwa ryabaye iminsi ibiri, ryakiniwe mu Karere ka Gicumbi, ryari ryateguwe ku bufatanye bw’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Handball n’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidali n’Impeta by’Ishimwe (CHENO).

Imikino y’umunsi wa mbere yabereye ku Mulindi w’Intwari mu gihe iya nyuma yabereye ku kibuga cya APAPEB mu Mujyi wa Gicumbi.

Mu bagabo, ahari hitabiriye amakipe umunani agabanyije mu matsinda abiri, Police HC yegukanye igikombe nyuma yo kwihimura kuri APR HC ikayitsinda ibitego 31-22.

Wari umukino wa nyuma ukomeye kuri aya makipe yombi yari yahuye mu 2024, APR HC ikegukana iri rushanwa.

Kuri iki Cyumweru, Police HC yavunikishije Mbesutunguwe Samuel wavuye mu kibuga ku munota wa kane, ariko ibasha gusoza igice cya mbere iyoboye n’ibitego 14-13.

Amakosa yo mu bwugarizi no kunanirwa kumenera mu rukuta rwa Police HC, byatumye APR igorwa n’igice cya kabiri yigeze kurushwamo ibitego 10 mbere y’uko umukino urangira harimo ikinyuranyo cy’ibitego icyenda (31-22).

Muri 1/2, Police HC yari yatsinze UR Huye ibitego 36-19 mu gihe APR HC yatsinze Gicumbi HT ibitego 37-34 mu wundi mukino utari woroshye.

Mu bagore, ahari hitabiriye amakipe atanu yahuye hagati yayo, Kiziguro SS yegukanye iri rushanwa ku nshuro ya kane nyuma yo gutsinda E.SC. Nyamagabe ibitego 36-20.

Kiziguro SS yegukanye igikombe ibikesha ibitego byinshi yatsinze kuko yanganyije amanota icyenda na University of Kigali yabaye iya kabiri ndetse na E.SC. Nyamagabe yabaye iya gatatu.

Muri iyi mikino hakinnye kandi n’icyiciro cy’abatarengeje imyaka 17 aho mu bakobwa, Kiziguro SS yatsinze ES Nyamagabe ibitego 18-13.

Mu bahungu, TTC de la Salle yatsinze ADEGI ibitego 25-24.

Umunsi w’Intwari z’Igihugu uzizihizwa ku nshuro ya 31 tariki ya 1 Gashyantare 2025, ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, inkingi z’iterambere.”

APR HC yashakaga kwisubiza iri rushanwa yegukanye mu 2024
Police HC yashakaga kwihimura kuri APR
Police HC yatsinze APR iyirusha cyane mu gice cya kabiri
Abakinnyi ba Police HC bishimira gutsinda APR HC ku mukino wa nyuma
Ikipe ya Kiziguro SS imaze kwiharira iri rushanwa
Ikipe ya E.SC. Nyamagabe yashakaga igikombe cya mbere
Abakinnyi ba Kiziguro SS bishimira kwegukana irushanwa ku nshuro ya kane yikurikiranya
TTC de la Salle yegukanye igikombe mu bahungu batarengeje imyaka 17
Kiziguro SS yegukanye kandi igikombe mu bakobwa batarengeje imyaka 17
Abana batojwe gusifura muri Isonga Programme bifashishijwe mu kuyobora imikino y'abatarengeje imyaka 17

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .