00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Handball: Perezida wa CAHB ari mu Rwanda kureba aho rugeze imyiteguro y’Igikombe cya Afurika

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 2 March 2025 saa 09:34
Yasuwe :

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Handball muri Afurika (CAHB), Dr. Adolphe Aremou Mansourou, yageze mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho rugeze rwitegura Igikombe cya Afurika ruzakira mu 2026.

Ku wa Gatandatu, tariki ya 2 Gashyantare 2025, ni bwo Dr. Adolphe Aremou Mansourou yageze mu Rwanda yakirwa na Perezida w’Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda (FERWAHAND), Twahirwa Alfred.

Dr. Mansourou n’itsinda bageranye mu Rwanda, beretswe aho rugeze rwitegura kwakira Igikombe cya Afurika giteganyijwe tariki 16 kugeza 31 Mutarama 2026.

Mu byo yeretswe harimo inyubako ya BK Arena izakira iyi mikino, ndetse na Petit Stade na yo ifite ubushobozi bwo kuberamo imikino y’intoki harimo n’iya Handball.

Akihagera kandi yagize amahirwe yo kubonana n’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 20. Iyi iri kwitegura kuzahagararira Afurika mu irushanwa mpuzamigabane ya ‘IHF Trophy/Intercontinental Phase’, izabera i Kosovo kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 16 Werurwe 2025.

U Rwanda rwahawe kwakira Igikombe cya Afurika cy’abakuze nyuma y’uko ruteguye Igikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 20 ndetse n’icy’Abatarengeje 18 mu 2022, kandi bikagenda neza.

Dr. Adolphe Aremou Mansourou yeretswe aho u Rwanda rugeze rwitegura kwakira Igikombe cya Afurika cya 2026
Perezida wa FERWAHAND, Twahirwa Alfred, ari kumwe na bamwe mu baherekeje Dr. Adolphe Aremou Mansourou
Itsinda ryaherekeje Dr. Adolphe Aremou Mansourou ryajyane na we gusura BK Arena
Perezida wa CAHB, Dr. Adolphe Aremou Mansourou, yasuye Ikipe y'u Rwanda y'Abatarengeje imyaka 20 izahagararira Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .