00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Handball: Minisitiri Mukazayire yaganiriye na Perezida wa CAHB ku myiteguro y’Igikombe cya Afurika

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 4 March 2025 saa 04:52
Yasuwe :

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yakiriye Perezida w’Impuzamashyirahamwe ya Handball muri Afurika, Dr. Adolphe Aremou Mansourou, baganira ku myiteguro y’Igikombe cya Afurika muri Handball kizabera mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 4 Werurwe 2025, ni bwo ku biro bya Minisiteri ya Siporo hakiriwe itsinda ry’abahagarariye umukino wa Handball muri Afurika bari mu Rwanda kuva tariki ya 1 Werurwe.

Mbere y’uko baganira na Minisitiri Nelly Mukazayire ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, babanje kwerekwa bimwe mu bikorwaremezo bizakira imikino.

Mu byo yeretswe harimo inyubako ya BK Arena izakira iyi mikino, ndetse na Petit Stade na yo ifite ubushobozi bwo kuberamo imikino y’intoki harimo n’iya Handball.

Ubwo baganiraga n’abayobozi ba siporo mu Rwanda, abayobowe na Dr. Adolphe Aremou Mansourou, barebeye hamwe imigendekere myiza y’irushanwa ry’Igikombe cya Afurika riteganyijwe kuba tariki ya 16 kugeza 31 Mutarama 2026.

Si ibyo gusa kuko impande zombi zarebeye hamwe uko umukino wa Handball mu Rwanda ndetse no muri Afurika watera imbere ukarenga ku rwego uriho uyu munsi.

Mu ruzinduko Dr. Adolphe arimo yanagize amahirwe yo kubona Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abatarengeje imyaka 20. Iyi iri kwitegura kuzahagararira Afurika mu irushanwa mpuzamigabane ya ‘IHF Trophy/Intercontinental Phase’, izabera i Kosovo kuva tariki ya 12 kugeza ku ya 16 Werurwe 2025.

Minisiteri ya siporo yakiriye itsinda ry'abayobozi ba CAHB
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yahawe impano
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yakiriye Perezida w'Impuzamashyirahamwe ya Handball muri Afurika, Dr. Adolphe Aremou Mansourou
Impande zombi zaganiriye ku myiteguro y'Igikombe cya Afurika
Perezida w'Ishyirahamwe rya Handball mu Rwanda, Twahirwa Alfred, yari mu biganiro byabereye kuri Minisiteri ya Siporo
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yumvise ibitekerezo by'abayobozi ba CAHB ku migendekere myiza y'Igikombe cya Afurika kizaba tariki ya 16-31 Mutarama, 2025
Perezida wa CAHB, Dr. Adolphe Aremou Mansourou, uri mu Rwanda yahuye na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .