00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Golf: Abakinnyi 12 bitwaye neza mu irushanwa rya CIMEGOLF

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 1 December 2024 saa 11:45
Yasuwe :

Abakinnyi 12 ni bo bahawe ibihembo nyuma yo kwitwara neza mu irushanwa rya Golf ‘CIMEGOLF’, ritegurwa n’Uruganda Nyarwanda rukora Sima ‘CIMERWA’ rwizihizaga isabukuru y’imyaka 40.

Iri ni irushanwa ryakiniwe kuri Kigali Golf Resorts & Villas, rigamije guhuriza hamwe abakiriya b’uru ruganda ndetse n’abakinnyi bakinnyi ba Golf ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu.

Abakinnyi barenga 60 ni bo bakinnye iri rushanwa ryakinwe ku munsi w’Umuganda Rusange, bigatuma bose batangirira rimwe mu myobo 18 igize iki kibuga mpuzamahanga cya Golf.

Bamwe mu bakinnyi bitwaye neza harimo Akanigi Melissa wabaye umukinnyi wa mbere mu bagore wateye umupira muremure (Longest Driver), mu bagabo aba Mukisa Benjamin ari na we wegukanye iri rushanwa muri rusange.

Reggio Paol wegereje umwobo kurusha abandi (Nearest to the Pin), yahembwe nk’uwegereje umwobo umupira kurusha abandi.

Abandi bakinnyi bahembwe ni Karangayire Placide, Deo Kanamugire, Kaushik Pandit ndetse na Bhargav Pandit.

Nyuma y’imikino, Kapiteni wa Kigali Golf Club, Andrew Kulayige, yavuze ko bakeneye amarushanwa menshi nk’aya kuko atuma abakinnyi bagera ku rundi rwego.

Ati “Hari byinshi twagezeho muri iyi myaka yashize kuko ubona abaterankunga ba Golf bari kwiyongera, ariko haracyakenewe indi ntambwe mu kugera aho twifuza.”

“Ibyo bizatuma tubona amarushanwa menshi kandi akomeye kurusha ayo dufite ubu.”

Akanigi Melissa wegukanye irushanwa, ahamya ko uyu mukino ukeneye abakinnyi bashya kuko abahari badahagije ko nk’uko babyifuza.

Ati “Ndanezerewe kuba negukanye igihembo kuko ntabwo biba byoroshye. Uyu ni umukino usaba umwanya, imyitozo myinshi n’ibindi. Abifuza kuwumenyaho byonshi nibaze, bareke kwitinya, bizagenda neza kandi umukino urusheho kumenyekana.”

Iri ni irushanwa ryahujwe n’isabukuru y’imyaka 40 ishize uruganda rwa CIMERWA rutangiye gukorera mu Rwanda, ndetse runatanga umusanzu mu kubaka ibikorwaremezo mu gihugu.

Ibihembo byari byateguwe ku bakinnyi bitwaye neza muri CIMEGOLF
Abakinnyi bamaze kumenyera irushanwa rya CIMEGOLF
CIMEGOLF ni irushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu
Abakinnyi bose batangiriye rimwe bakina
Abagore na bo bahawe umwanya muri CIMEGOLF
Abakinnyi barenga 60 ni bo bitabiriye irushanwa rya CIMEGOLF
Ahatangirwa ibihembo hari hateguwe neza
Umuhango wo gutanga ibihembo wabereye muri Club House
Mbere y'uko ibirori byo gutanga ibihembo bitangira, abakira abashyitsi bari biteguye
Umuhango wo gutanga ibihembo wabereye ahitegeye ikibuga
Abayobozi ba CIMERWA bitabiriye imikino
Irushanwa ryahujwe n'isabukuru y'imyaka 40 ya CIMERWA
Abateguye irushanwa bishimiye uko ryagenze
Abakozi ba CIMERWA bagize uruhare mu gutegura iri rushanwa rimaze gushinga imizi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .