00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Formula 1: Toto Wolff yijeje ubufasha Lewis Hamilton mu gihe Mercedes yaba itagikina

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 9 December 2024 saa 09:00
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru w’Ikipe ya Mercedes ikina muri Formula 1, Toto Wolff, yishongoye kuri Lewis Hamilton uzakinira Ferrari mu mwaka utaha, amubwira ko azamuha ubufasha ari uko ikipe avuyemo itagikina.

Hamilton yamaze gukina isiganwa rya nyuma ari muri Mercedes, ahita arangizanya na yo nyuma y’imyaka 12 yari ayimazemo.

Nyuma y’uru rugendo, Wolf yabajijwe uko ikipe igiye kubaho idafite uyu mukinnyi wakoranye na yo amateka, avuga ko hagiye kubaho ihangana nubwo abizi ko akwiriye kuba amushyigikira.

Ati “Nitubona tutashobora kumutsinda, tuzamushyigikira. Akwiriye kuba yegukana Formula 1 ya munani kuko ni byo buri wese aba yifuza haba ku mukinnyi, ku ikipe, cyangwa ikigo, gusa nzajya inyuma ye ari uko Mercedes itakiri mu isiganwa.”

Hamilton w’imyaka 39 yasoje umwaka wa 2024 ari ku mwanya wa karindwi, akaba agomba gutangira umushya ari kumwe na Ferrari mu gihe cy’imyaka itatu.

Uyu munyabigwi ategerejwe mu Rwanda, aho agomba kuzitabira Inteko Rusange ya FIA, izahemberwamo abakinnyi b’indashyikirwa muri Formula 1.

Uyu mugabo na Michael Schumacher ni bo bafite agahigo ko gutwara Formula 1 inshuro nyinshi, kuko babikoze inshuro zirindwi.

Toto Wolff azashyigikira Lewis Hamilton ari uko Mercedes itagihari
Toto Wolf yari umuyobozi wa Lewis Hamilton muri Mercedes
Lewis Hamilton yari amaze imyaka 12 ari umukinnyi wa Mercedes

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .