00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cricket: Uganda yihimuye ku Rwanda, ikomeza imibare yarwo mu Irushanwa ryo Kwibuka (Amafoto)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 5 June 2024 saa 07:45
Yasuwe :

U Rwanda ntirwabashije kwikura imbere y’Ikipe y’Igihugu ya Uganda mu mikino y’Umunsi wa Gatanu w’Irushanwa ryo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 muri Cricket aho rwatsinzwe ku kinyuranyo cy’amanota 12.

Wari umukino ufite kinini uvuze dore ko wabaye nyuma y’umunsi umwe u Rwanda rutsinzwe umukino wa mbere na Nigeria nyuma yo kwitwara neza muri ine yabanje, ariko na none rukaba rwahuraga na Uganda rwatsinze ku mukino wa nyuma ubwo rwegukanaga iri rushanwa bwa mbere mu 2023.

Ku wa Gatatu i Gahanga, Uganda ni yo yatsinze tombola, ihitamo gutangira ishyiraho amanota naho u Rwanda rwo rukaba rwatangiye rujugunya udupira, rubuza Uganda gushyiraho amanota menshi.

Igice cya mbere cyarangiye Uganda ishyizeho amanota 100 muri ’overs’ 20 zingana n’udupira 120, u Rwanda rwasohoye abakinnyi 10 bose ba Uganda.

Igice cya kabiri cyatangiye u Rwanda rusabwa amanota 101 ngo rube rutsinze uyu mukino, gusa ntibyigeze byorohera Abanyarwandakazi kuko ’overs’ 20 zarangiye Ikipe y’Igihugu yari imaze gushyiraho amanota 88 mu gihe Uganda yasohoye abakinnyi umunani b’u Rwanda.

Ikipe y’Igihugu ya Uganda yatsinze uyu mukino ku kinyuranyo cy’amanota 12.

Mu yindi mikino yabaye, Zimbabwe yatsinze Nigeria ku kinyuranyo cy’amanota 64, Botswana itsinda Malawi ku kinyuranyo cy’amanota 93 naho Kenya itsinda Cameroun ku kinyuranyo cya ’wickets’ umunani.

Kugeza ubu Uganda ni yo iri ku mwanya wa mbere nyuma y’Umunsi wa Gatanu w’Irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 riri kuba kunshuro yaryo ya 10.

Iyi kipe itaratsindwa umukino n’umwe, ikurikiwe na Zimbabwe iri kumwanya wa kabiri mu gihe u Rwanda rugeze ku mwanya wa gatatu.

Ku wa Kane ni ikiruhuko mu gihe Ikipe y’u Rwanda izasubira mu kibuga ihura na Zimbabwe ku wa Gatanu.

Amakipe abiri ya mbere muri iri rushanwa ryitabiriwe n’ibihugu umunani, aho ahura hagati yayo yose, ni yo azakina umukino wa nyuma ku wa Gatandatu, tariki ya 8 Kamena 2024.

Ikipe y'u Rwanda yahuye na Uganda yatsinze ku mukino wa nyuma w'irushanwa ry'umwaka ushize
Uganda yagiye gukina uyu mukino itaratsindwa
Amanota Uganda yakoze mu gice cya mbere, yagoye u Rwanda kuyakuramo mu gice cya kabiri
Ibyishimo by'Abanyarwandakazi ntibyarambye i Gahanga kuko babuze amanota 12 imbere ya Uganda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .