00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Anthony Joshua arashaka kurwana na Tyson Fury

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 12 January 2025 saa 08:48
Yasuwe :

Umukinnyi ukomeye mu iteramakofe, Anthony Joshua, yagaragaje ko uyu mwaka wa 2025 ugomba kurangira agiranye umurwano na mugenzi we, Tyson Fury bamaze igihe batagerejwe n’abakunzi b’uyu mukino.

Ni kenshi cyane abantu bakunze kwibaza ku mukinnyi w’umuhanga kurenza undi muri aba bombi, haba mu kurwanira imikandara itandukanye y’uyu mukino cyangwa uwa mbere mu Bwongereza dore ko ariho bakomoka.

Ubwo Joshua yaganiraga n’igitangazamakuru cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ring Magazine, yavuze ko abakunzi be bamaze kumwereka ko babikeneye, bityo umurwano ugomba gutegurwa vuba.

Ati "Ni umurwano nanjye nakwishimira kureba. Iyo ndi ahantu hose abantu bambaza impamvu tutararwana bakanyereka ko bumva babishaka. Ndacyafite imyaka myinshi imbere yanjye bivuze ko ngomba gusiga mpaye abantu byose.”

"Niba buri wese rero abyifuza kandi abantu bagahora bambaza ikibazo kimwe, ni ho nshingira mvuga ko uyu mwaka umurwano ugomba kuba. Ndabizi twabitgura kandi bikagenda neza.”

Aba bakinnyi bombi ntabwo bagize ibihe byiza mu mwaka ushize, kuko Fury yatsinzwe na Oleksandr Usyk mu Ukuboza, akurira Joshua wari watsinzwe na Daniel Dubois muri Nzeri 2024.

Anthony Joshua arashaka ko umwaka wa 2025 ugomba kurangira arwanye na Tyson Fury
Tyson Fury ni umwe mu bakinnyi bakomeye mu iteramakofe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .