00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyeshuri ba Rwanda Polytechnic bazakora izindi modoka z’amasiganwa mu gihe kiri imbere

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 16 December 2024 saa 03:07
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Polytechnic, Dr Slyvie Mucyo, yavuze ko kuba abanyeshuri bo muri Kigali College barakoze imodoka y’amasiganwa bigaragaza ubushobozi bafite ndetse mu gihe kiri imbere hari izindi bazajya bakora.

Ku wa 12 Ukuboza 2024, Perezida Paul Kagame n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ryo Gusiganwa mu Modoka (FIA), Mohammed Ben Sulayem, bamuritse imodoka y’amasiganwa “cross car” yakorewe mu Rwanda n’abanyeshuri bo muri Rwanda Polytechnic-Kigali College.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Polytechnic, Dr Slyvie Mucyo, yavuze ko bishimiye kuba imodoka ya mbere ya Cross Car yarakozwe n’abanyeshuri babo.

Ati “Yari amahirwe akomeye kuri Rwanda Polytechnic muri rusange, mu ntego yayo yo kuzamura ubumenyi ndetse no mu kuzamura ibikorwa bya tekinike bitanga ibisubizo bitandukanye.”

Yavuze ko abarezi bo muri Kigali College bagize uruhare mu ikorwa ry’iyi modoka, ndetse hifashishijwe byinshi mu bikoresho biboneka mu Rwanda.

Ati “Abanyeshuri na ‘staff’ by’umwihariko abarimu bagize uruhare mu ikorwa ry’iyi modoka ndetse hakoreshejwe ibikoresho biboneka ku isoko. Ni imodoka iboneka ku giciro cyiza kitari hejuru.”

“Icyo bivuze kuri twe, byerekana ubushobozi bw’abanyeshuri bacu na ‘staff’, ibyo bashobora gukora n’ubumenyi bashobora kongerwa muri rusange. Bivuze ko Rwanda Polytechnic izajya itanga ubumenyi bujyanye no gukora Cross car no guteza imbere abantu bafite ubu bumenyi.”

Dr Mucyo yashimangiye ko “Mu gihe kiri imbere tuzaba dushobora gukora iyi cross car ifite kinini ivuze mu mukino wo gusiganwa mu modoka.”

Uyu muyobozi yirinze kuvuga agaciro k’iyi modoka abanyeshuri bakoze, yemeza ko mu biyigize harimo ibyo batumije hanze nka moteri yayo.

Ati “Ntabwo wavuga ko ihenze, iyo utekereje ku bikoresho byakoreshejwe kuko bishobora kuboneka mu Rwanda. Yego hari ibyavuye hanze, hari ibiba bihenze nka moteri ariko muri rusange ntihenze.”

Abajijwe icyo bivuze ku buyobozi, kugira abanyeshuri bafite ubu bumenyi, Dr Mucyo Sylvie yavuze ko byagaragaje ko bafite ubushobozi ndetse bashobora no gukorera hamwe.

Ati “Bivuze ko abanyeshuri bacu bafite ubumenyi, ibyo biga mu ishuri bagerageza kubibyaza umusaruro bakabihuza no kubishyira mu bikorwa, ndetse bakaba gusobanukirwa ibiri muri uru ruganda. Ikindi na none ku banyeshuri, byerekana ubumenyi bwo guhanga kuko ubwo bakoraga iyi modoka, hari imbogamizi bahuraga na zo, ariko babashije gukorera hamwe bagashaka ibisubizo.”

Yongeyeho ko “Byerekana gukorera hamwe nk’ikipe ku banyeshuri kuko bari ababa mu bijyanye n’imodoka, abandi bakaba mu gukora ibintu bitandukanye. Kuri bo, ni amahirwe y’igihe kirekire bazakomeza kwiga no kuzamura kuko hari icyo babiziho.”

Iyi modoka ni yo ya mbere yakozwe ku Isi binyuze mu mushinga FIA yahaye amashyirahamwe y’uyu mukino, wo kwikorera imodoka za Cross Car hagamijwe guteza imbere uyu mukino.

Ibiganiro byahuje Mohammed Ben Sulayem n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard; Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo Gusiganwa mu Modoka (RAC), Gakwaya Christian n’Umuyobozi Mukuru w’Ubukerarugendo muri RDB, Irene Murerwa, byagarutse ku buryo izi modoka zajya zikorerwa mu Rwanda.

Abajijwe niba bishoboka kubona izindi modoka za Cross Car bakoze, Dr Mucyo Sylvie yashimangiye ko ari ikibazo cy’igihe gusa.

Ati “Yego, bisobanuye ko ari ubushobozi bwo gukora izi modoka mu Rwanda kuko abayikoze ni Abanyarwanda ndetse ubumenyi bize mu ishuri bushobora gukoreshwa.”

Iyi modoka yamuritswe, yakozwe mu gihe cy’ukwezi kumwe aho FIA yari yatanze umutekinisiye ufatanya n’abanyeshuri ba Rwanda Polytechnic- Kigali College mu kubereka ibipimo bagenderaho.

Perezida Paul Kagame n'Umuyobozi wa FIA, Mohammed Ben Sulayem, bamurika imodoka ya Cross Car yakozwe n'abanyeshuri bo muri RP- Kigali College
Ubuyobozi bwa FIA n'u Rwanda bwemeranyijwe gufatanya mu mishinga irimo uwo gukora imodoka za Cross Car
Abanyeshuri ba RP-Kigali College batangira gukora iyi modoka
Umutekinisiye wa FIA asobanurira abayobozi uburyo imodoka ya Cross Car yakozwemo
Max Verstappen watwaye Formule One muri iyi myaka ine iheruka, yeretswe iyi modoka
Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Polytechnic, Dr Slyvie Mucyo, yavuze ko abanyeshuri bagaragaje ubushobozi ndetse mu minsi iri imbere hari izindi modoka zizajya zikorwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .