00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abana bakina Iteramakofe basuye umuryango wa Rutikanga Ferdinand

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 December 2024 saa 06:22
Yasuwe :

Ku Cyumweru, tariki ya 15 Ukuboza 2024, abakinnyi b’Iteramakofe bitwaye neza mu irushanwa ryo kugaragaza impano, basuye umuryango wa nyakwigendera Rutikanga Ferdinand wabaye icyamamare muri uyu mukino mu Rwanda.

Rutikanga Ferdinand wakunze kuvuga ko ari we watangije Umukino w’Iteramakofe mu Rwanda, yitabye Imana azize uburwayi muri Nyakanga 2022.

Abana bakina Iteramakofe mu Rwanda basuye umuryango we mu rwego rwo kubatoza indangagaciro n’uburere bwiza kugira ngo bazakurane ingeso nziza zuje ubupfura n’ubuvandimwe mu muryango mugari, baha icyubahiro n’agaciro inkomarume z’umukino w’Iteramakofe.

Aba bana bahaye umuryango wa nyakwigendera Rutikanga Ferdinand impano zitandunye mu rwego rwo kuwufata mu mungo kandi banaboneraho n’umwanya wo kubifuriza iminsi mikuru myiza.

Iki gikorwa cyari cyateguwe n’amakipe y’Iteramakofe yishyize hamwe ngo azahure uyu mukino wadindiye. Ayo ni Isata Boxing Club, Kimisagara Boxing Club, Kigali Life Boxing Club, Nyamirambo Boxing Club, Rafiki Boxing Club, Gisenyi Boxing Club, Gasanze Boxing Club na Tigers Boxing Club.

Aya makipe kandi ni yo aheruka gutegura irushanwa ryabereye kuri Maison des Jeunes Kimisagara ku wa 1 Ukuboza 2024, ryari rigamije kugaragaza impano n’ubuhanga bw’abana bakina Iteramakofe.

Ni irushanwa ryahurije hamwe abakinnyi 42 barimo abangavu umunani n’abandi bato 16 bari hagati y’imyaka 10 na 15, ndetse abasore b’ingimbi 18 bafite kuva ku myaka 16 kugeza kuri 20.

Abana bakina Iteramakofe, baheruka kwitwara neza mu irushanwa ryabereye kuri Maison des Jeunes, basuye umuryango wa Rutikanga Ferdinand
Rutikanga Ferdinand witabye Imana mu 2022, yakundaga kuvuga ko ari watangije umukino w'Iteramakofe mu Rwanda
Abana bakina Interamakofe batojwe kurangwa n'ubupfura, kubanirana neza no guha agaciro abagize uruhare mu izamuka ry'uyu mukino

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .