00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi bane bagiye guhagararira u Rwanda muri KCB East Africa Golf Tour

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 27 October 2024 saa 09:12
Yasuwe :

Olwit Anthony, Murekatete Alphonsine, Nganga Barnabas, ni bo bakinnyi bitwaye neza mu irushanwa rya Golf ritegurwa na BPR Bank Rwanda Plc, babona itike yo kujya guhagarira u Rwanda mu mikino ya nyuma ya ’KCB East Africa Golf Tour’ izabera muri Kenya.

Kuva ku wa Gatanu, tariki ya 25 kugeza ku wa Gatandatu, tariki ya 26 Ukwakira 2024, ni bwo abakinnyi barenga 200 bahataniye imyanya ine yo kuzajya guhatana n’abaturutse mu bindi bihugu byo mu Karere mu irushanwa rya KCB East Africa Golf Tour.

Amakipe agera kuri 32 agizwe n’abakinnyi bane ndetse n’andi atatu yari agizwe n’abakinnyi batatu, ni yo yahatanye muri iyi minsi ibiri ndetse amanota yose akaba yateranyijwe ku munsi wa nyuma.

Irushanwa rya BPR-KCB East Africa Golf Tour ryakinwe mu byiciro bitandatu harimo iby’abagore, abagabo ndetse n’abakuze. Ikindi cyiciro ni icy’abategura irushanwa.

Abakinnyi babonye itike yo kuzajya mu mikino ya nyuma ya KCB East Africa Golf Tour ni Olwit Anthony, Murekatete Alphonsine, Nganga Barnabas, Benjamin Mukisa wari wanayibonye mu mwaka ushize.

Abandi bakinnyi bitwaye neza mu irushanwa rya BPR Bank ni Ntambara Olivier, Alice Rwigema, Gahima Charles, Sidney Mbua, Kwizera Ivan, Barigye Arthur na Kora Adebayo.

Umukinnyi wateye umupira muremure kurenza abandi mu bagabo ni Gichohi William na Akanigi Melissa mu bagore wanakinnye neza mu kuwegereza umwobo, mu gihe uwabikoze mu bagabo ari Mugabo Vincent.

Kapiteni wa Kigali Golf Club, Andrew Kulayige, yashimye BPR Rwanda nk’imwe mu mpamvu zatumye umukino wa Golf utera imbere ku ntambwe ishimishije.

Yagize ati “Urebye mu abakinnyi ba Golf twari bake cyane, dusaba igikorwaremezo nk’iki mubona, ariko byari ngombwa ko twongera abakina uyu mukino.”

“Ibyo ntibyari gushoboka tutagize abafatanyabikorwa nka BPR Bank. Ubu tugeze ku bakinnyi barenga 600 kandi ndezera ko baziyongera nidukomeza gukorana.”

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko iterambere ry’abakinnyi ba Golf rizatuma bakomeza kugira uruhare mu iterambere ryayo.

Ati “Ndabashimiye abaje kwitabira iri rushanwa ryarimo abarenga 200. Tunejejwe no kumara iyi myaka dushyigikira umukino wa Golf. Kuba abakinnyi biyongera biragaragaza ko ishoramari ryacu ari igirakamaro.”

“Ntabwo duteze gusubira inyuma kuko iyo uvuze Golf wumva abantu bareba kure, bafite intego zifatika kandi baharanira inyungu z’igihe kirekire. Aho ni ho natwe twifuza ko twagirana imikoranire igomba guhoraho.”

Biteganyijwe ko abatsinze i Kigali bazerekeza muri Kenya mu mikino ya nyuma izabera muri Sigona Golf Club, tariki ya 6 Ukuboza 2024, harimo amakipe yavuye mu bice bitandukanye bya Nairobi.

Ikipe izaba iya mbere izahembwa miliyoni y’amashilingi ya Kenya ni ukuvuga 10.481.604 Frw.

Ngoga Jules ari mu bakinnyi bahatanye ku munsi wa mbere
Albert Akimanzi ni umwe mu bakinnyi ba Golf bamenyereye umukino
Albert Akimanzi ni umwe mu bari bahatanye mu irushanwa ryateguwe na BPR Bank
Umukinnyi ugiye gutera mu mwobo abanza kwitonda
Ngoga Jules yitegereza umwobo agiye guteramo
Ni ku nshuro ya kabiri BPR Bank iteguye irushanwa nk'iri
BPR Bank yifuza kugeza umukino wa Golf kure hashoboka
Buri kipe yabaga igizwe n'abakinnyi bane
Abakinnyi bahabwaga impano na BPR Bank
Abakinnyi batangiraga gukina mu gitondo cya kare
Abakinnyi benshi bifuje gukina irushanwa ryateguwe na BPR Bank Rwanda
BPR Bank Rwanda yiyemeje gushyigikira ibikorwa biteza imbere umuturage
Gutera umupira wa mbere bisaba imbaraga nyinshi
Mu bahatana harimo n'abagore
Buri mukinnyi yahabwaga impano na BPR Bank
BPR Bank ibereyeho abaturage
BPR Bank yateguye irushanwa riyifasha kwegerana n'abakiriya bayo bari muri Golf
Alice Rwigema ni umwe mu bakinnyi beza ba Golf mu bagore
KCB East Africa Golf Tour ibera mu bihugu byose byo mu Karere
BPR Bank irushaho kumenyekanisha ibikorwa byayo binyuze muri Golf
Umwe mu bakinnyi ba Golf yitegereza ikibuga agiye gukiniramo
Umuyobozi wa Kigali Golf Club, Marcel Byusa na bagenzi be bari bagiye guhatana
Abakinnyi baba bitwaje ibikoresho byose bisabwa ngo bitware neza
Irushanwa ryakinwe mu gihe cy'iminsi ibiri
Irushanwa rya BPR Bank ryagize uruhare mu kongera umubare w'abakina Golf
BPR Bank yifuza ko irushanwa itegura rigira uruhare mu kuzamura ubuzima bw'abaturage bose
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yatanze icyizere ko banki izakomeza gushyigikira Golf
Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yashimye abakinnyi bitabiriye irushanwa
Olwit Anthony, Murekatete Alphonsine, Nganga Barnabas na Benjamin Mukisa babonye itike yo kuzakina KCB East Africa Golf Tour muri Kenya
Abakozi ba BPR Bank bagize uruhare rufatika mu kugira ngo irushanwa rizagende neza
Abakinnyi bose bitwaye neza mu irushanwa rya Golf ritegurwa na BPR Bank bahawe ibihembo

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .