00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya yafashije Abanyarwanda barenga 60 kwitabira isiganwa ry’imodoka ‘Safari Rally’ ryo ku rwego rw’Isi

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 17 March 2025 saa 09:15
Yasuwe :

Guverinoma ya Kenya, binyuze mu Rwego rw’Ubukerarugendo muri Kenya (KTB), yafashije Abanyarwanda 62 bakunda umukino wo gusiganwa mu modoka kuzitabira irushanwa rya “Safari Rally” riri ku ngengabihe ya Shampiyona Nyafurika n’iy’Isi.

Iri rushanwa rizabimburira ayandi ku ngengabihe ya Shampiyona Nyafurika yo Gusiganwa mu Modoka (ARC), riteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, tariki ya 20-23 Werurwe 2025.

Biturutse ku mubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Kenya, Abanyarwanda 62 bashyiriweho imodoka ibajyana muri icyo gihugu gukurikira iryo rushanwa, aho bahagurutse i Kigali kuri uyu wa Mbere, tariki ya 17 Werurwe.

Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Janet Mwawasi Oben, yavuze ko iki gikorwa kiri mu rwego rwo guhuza abatuye Afurika y’Iburasirazuba ndetse bizeye ko bazahuzwa n’iri rushanwa ryo gusiganwa mu modoka bakamenyana.

Ati “Mu mwaka ushize nta bisi yatwaye abafana bavuye mu Rwanda, ariko uyu mwaka yarateguwe ngo bitabire kuko hari byinshi byo kureba kurusha umwaka ushize. Twizera ko Safari Rally izaba umwanya wo guhuza abatuye Afurika y’Iburasirazuba.”

Yakomeje agira ati “Kuri Kenya, harimo inyungu y’ubukungu kuko abafana bazitabira irushanwa bazakodesha hoteli n’ibindi. Hari ubusabe bw’abafana benshi twakiriye ko mbere cyangwa nyuma ya Rally basura uduce nka Mombasa, pariki zacu n’ibyanya bitandukanye.”

Ambasaderi Mwawasi Oben yashimangiye ko kwitabira iri rushanwa atari inyungu kuri Kenya gusa, ahubwo bifite n’akamaro ku batuye Afurika y’Iburasirazuba.

Ati “Ku Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bifite inyungu ikomeye kuko bizahuza akarere kuko abagatuye bazahurira hamwe, bamenyane ku buryo bashobora gukorana ubucuruzi. Mu rugendo ruva mu Rwanda rujya muri Kenya, bisi izahagarara muri Uganda, abantu bagure ibintu bitandukanye, ni ikintu gikomeye kuri Afurika y’Iburasirazuba.”

Uretse abahawe bisi izabajyana muri Kenya, Sosiyete y’Indege ya Kenya Airways na yo yashyizeho igabanuka ry’ibiciro ringana na 12% ku bashaka kuzajya muri Kenya bagiye kureba iri rushanwa ryo gusiganwa mu modoka hagati ya tariki ya 19 n’iya 23 Werurwe.

Mu modoka zizahatana uyu mwaka harimo Mitsubishi Lancer Evo X y’umwuzukuru wa Julius Kambarage Nyerere wayoboye Tanzania, Prince Charles Nyerere uzaba yungirijwe n’Umunyarwanda Rutabingwa Fernand.

Harimo kandi Hyundai i20 y’Umubiligi Thierry Neuville wegukanye Shampiyona y’Isi ya Rally mu 2024, aho azakinana na mugenzi we Martijn Wydaeghe.

Ni ku nshuro ya gatanu yikurikiranya, kuva mu 2021, Safari Rally igiye kuba iri ku ngengabihe ya Shampiyona y’Isi yo Gusiganwa mu Modoka.

Ambasaderi wa Kenya mu Rwanda, Janet Mwawasi Oben, yavuze ko Abanyarwanda 62 bafashijwe kwitabira Safari Rally izaba mu mpera z'iki cyumweru
Ambasaderi Mwawasi Oben yavuze ko n'abazatega Kenya Airways bajya muri icyo gihugu tariki ya 19-23 Werurwe bashyiriweho igabanyuka ry'ibiciro kugira ngo babashe kureba Safari Rally
Thierry Neuville watwaye Shampiyona y'Isi ya 2024 ari mu bitezwe muri Kenya mu mpera z'iki cyumweru
Kalle Rovanpera na we ari mu bazitabira uyu mwaka
Elfyn Evans na we azaba ahanzwe amaso muri Safari Rally
Umunya-Tanzania Prince Charles Nyerere azitabira Safari Rally ya 2025
Umunyarwanda Rutabingwa Fernand (ubanza iburyo), ari mu bazakina Safari Rally Kenya aho azaba ari umushoferi wungirije Prince Charles Nyerere
Safari Rally ni rimwe mu masiganwa y'imodoka y'akataraboneka muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .