00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Zabyaye amahari hagati ya Aziz Bassane na Rayon Sports

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 23 December 2024 saa 01:01
Yasuwe :

Rutahizamu wa Rayon Sports usatira anyuze mu mpande, Aziz Bassane, yasubiye iwabo muri Cameroun ikipe ye itabizi kandi akomeza kuyishyuza ibirarane imubereyemo.

Muri Kanama 2024, ni bwo Rayon Sports yakiriye uyu rutahizamu wanyuze no mu ikipe y’abatarengeje imyaka 19 ba FC Nante yo mu Bufaransa.

Akigera muri iyi kipe yatanze umusanzu we mu mikino ya Shampiyona y’u Rwanda ndetse no gufasha iyi kipe y’Ubururu n’Umweru gukomeza kwicara ku mwanya wa mbere iriho kugeza ubu.

Gusa iyi kipe iri mu bihe byo gushaka uko imaramo ibirarane n’imyenda ibereyemo abakinnyi, bamwe kwihangana byatangiye kubagora kugeza ubwo bafata imyanzuro ikomeye.

Bassane yiyemeje kujya mu biruhuko iwabo mu minsi mikuru y’impera z’umwaka, ariko nta ruhushya yigeze asaba ikipe nk’uko amakuru ava mu buyobozi bwa Rayon Sports abihamya.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22 kandi ku ruhande rwe yishyuza Rayon Sports 8000$ ( arenga miliyoni 11 Frw).

Si uyu wenyine kuko na Prinsse Junior Elanga-Kanga ukomoka muri Congo Brazzaville, ashobora kuba agiye kwerekeza iwabo ikipe itabizi.

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko bakeneye miliyoni 108 Frw kugira ngo babashe guhemba ikirarane cy’ukwezi k’Ugushyingo ku bakozi bayo bose ndetse no kwishyura abakinnyi amafaranga basigawemo ubwo bayerekezagamo.

Aziz Bassane wa Rayon Sports yasubiye iwabo muri Cameroun

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .