00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Yangiriyeneza Erirohe yifuzwa n’amakipe yo muri Maroc na Portugal

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 30 December 2024 saa 01:32
Yasuwe :

Rutahizamu wa Tony Football Excellence Football Academy, Yangiriyeneza Erirohe, yifuzwa n’amakipe yo mu Cyiciro cya Mbere muri Maroc ndetse n’ayo muri Portugal.

Yangiriyeneza ni umwe mu bakinnyi bari kuzamuka neza, dore ko mu mikino ya Shampiyona y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20, aherutse no gutsinda ibitego bitatu muri 4-1, Tony Football Excellence Football Academy yatsinze Rutsiro FC.

Nyuma y’uyu mukino ni bwo iyi kipe yahise itangaza ko uyu mukinnyi wayo yifuzwa n’amakipe yo muri Portugal, aho yagiye gukorera igerageza ubugira kabiri.

Yangiriye neza yakoreye igerageza muri G.D. Estoril Praia na Rio Ave F.C. zo mu Cyiciro cya Mbere muri Portugal, ari na byo byatumye abengukwa n’amakipe yaho y’abato.

Ubutumwa bwatanzwe n’ikipe ye bugira buti “Erirohe uherutse kuzuza imyaka 18, ari kwifuzwa n’amakipe y’abatarengeje imyaka 19 yo muri Portugal nyuma yo kugirirayo imyitozo myiza inshuro ebyiri ndetse no kwitwara neza mu mikino y’Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 20. Amasezerano ye ategerejwe vuba.”

Si amakipe yo muri iki gihugu amwifuza gusa kuko hari n’andi makuru aturuka mu ikipe ye yemeza ko hari ayo muri Maroc na yo yifuza kumugura, amahitamo akaba ay’umukinnyi.

Izindi nkuru bifitanye isano:

-Kuva ku Muyumbu kugera muri Portugal: Urugendo rwa Yangiriyeneza watangiye gukabya inzozi ze muri ruhago (Video)

-Abakinnyi batatu ba Tony Football Excellence berekeje mu igeragezwa muri Portugal

Tony Football Excellence yafashije Yangiriyeneza Erirohe kugaragaza impano ye
Yangiriyeneza Erirohe yakoreye igeragezwa muri G.D. Estoril Praia yo muri Portugal
Ubwo Yangiriyeneza yari mu Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Abatarengeje imyaka 20

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .