00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Wananirwa Lesotho ukazitsinda iyihe?- Abafana b’Amavubi mu gahinda kenshi (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 26 March 2025 saa 10:27
Yasuwe :

Gucika intege no kwimyoza kwinshi, nibyo byari byiganje mu bafana benshi bari buzuye Stade Amahoro, ubwo u Rwanda rwari rumaze kunganya na Lesotho igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa Gatandatu wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Mbere y’umukino, icyizere cyari cyose mu bafana, aho bagaragazaga ko nyuma yo gutsindwa na Nigeria ibitego 2-0, u Rwanda rubonye ikipe yo gukuraho amanota.

Bamwe mu babashije kuganira na IGIHE nyuma y’umukino, bagaragaje kutishimira ibyawuvuyemo cyane ko bari bizeye intsinzi.

Umwe yagize ati “Ubuse iyi ni ikipe yo kunganya n’Amavubi? Niyo ku twishyura koko? Umutoza yasimbuje nabi cyane.”

Undi yunzemo ati “Amavubi acika intege, iyo batsinze igitego kimwe bahita birara, ikindi umutoza yasimbuje nabi.”

Mugenzi we nawe yagize ati “Dukeneye rutahizamu rwose kuko imbere y’izamu turahagera ariko kurebamo bikaba ikibazo, Nshuti Innocent ntaho yatugeza.”

Nubwo ari umukino wa kabiri w’umutoza Adel Amrouche, bamwe ntibatinyaga kumusabira kwirukanwa bagaragaza ko habaye amakosa mu gutakaza Frank Torsten yasimbuye.

Iyi mikino yasize u Rwanda rutakaje umwanya wa mbere mu Itsinda C rujya ku wa kabiri n’amanota umunani, runganya na Bénin ya gatatu. Zombi ziri inyuma ya Afurika y’Epfo ya mbere ifite 13. Nigeria ya kane ifite arindwi, Lesotho atandatu ndetse na Zimbabwe ya nyuma ifite amanota atatu.

Iyi mikino izongera gukinwa muri Nzeri, aho u Rwanda ruzasura Nigeria na Zimbabwe tariki ya 1 n’iya 8 Nzeri 2025.

Igitego cya Jojea Kwizera ntabwo cyari gihagije ngo gihe intsinzi Amavubi
Amavubi yongeye gutenguha Abanyarwanda bari buzuye Stade Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .