00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwari umusuderi wavuyemo rutahizamu: Tshabalala yavuye imuzi ubuzima bwe mbere ya ruhago

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 7 January 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Burundi na AS Kigali, Hussein Shabani Tshabalala, yahishuye ko mbere y’uko yinjira mu mupira w’amaguru, yabanje kwihebera umwuga w’ubusuderi.

Tshabalala yatangiriye umupira w’amaguru iwabo i Burundi, akaba ari umwuga yakundishijwe na Se umubyara nubwo we yumvaga ko akazi azakora kakanamutunga ari ugusudira.

Uyu mukinnyi wavutse mu 1990, ari umwana yazamukiye mu makipe y’abato y’iwabo i Burundi arimo Flambeau du Centre FC na Vitalo FC zo mu Cyiciro cya Mbere i Burundi.

Ni umupira yakinnye atazi neza ko azagera ku rwego rwo hejuru kuko yumvaga ari umurimo ugoye atazabasha.

Ati “Ntabwo nakundanga umupira w’amaguru, uwatumye nywukunda ni Papa. Ubutumwa muha ndamushimira cyane kuko yabonye inzira ishobora kumfasha. Yakoraga akazi ko gusudira, nanjye ni ko nakuriyemo,”

“Namubwiraga ko uvuna ntawushobora ariko akanyereka ko iyo mpano nyifite kandi nawukina nkagera kure, anyemerera kubimfashamo.”

Tshabalala wavuze ko Shampiyona y’u Rwanda ayibona ku rwego rwo hejuru kurenza iy’u Burundi, ashima ibihe yagiriye muri Rayon Sports kuko yatumye yiyumva nk’umukinyi ukomeye.

Ati “Ikintu cyantunguye nkigera muri Rayon Sports ni uriya mwuka uba uri mu bafana, ni ubwa mbere nari ngiye gukinira ikipe ifite abafana nka bariya. Nta kintu na kimwe cyangoye nabonyemo ahubwo nagiriyemo amahirwe gusa,”

“Muri biriya bihe abakinnyi twakinanaga muri Rayon Sports bose bumvaga ko ari njye ushobora gutsinda igitego nkabafasha. Icyizere bampaye nanjye nakigendeyeho biramfasha. Twari hamwe haba abayobozi, abakinnyi n’abafana.”

Uyu mugabo ahamya ko kugeza ubu yizera ko bikunze yazongera gukinira Rayon Sports kuko ikimuraje ishinga ari ugukorera amafaranga, cyane ko na APR FC imwifuje yayikinira. Mu makipe yanyuzemo harimo Amagaju FC na Bugesera FC.

Kugeza ubu Tshabalala ni umukinnyi wa AS Kigali FC iri ku mwanya wa gatatu wa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 26 yagumanye nyuma yo gutsindirwa i Rubavu na Etincelles FC igitego 1-0.

Ku myaka 35, Tshabalala aracyari ku rwego rwo hejuru
Hussein Tshabalala ntabwo yari azi ko azatungwa n'umupira w'amaguru
Hussein Tshabalala ahamya ko yagiriye ibihe byiza muri Rayon Sports atazibagirwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .