00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uwampa ‘Derbie’ buri cyumweru - Umutoza wa Rayon Sports ku mukino wa APR FC

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 December 2024 saa 11:40
Yasuwe :

Umutoza wa Robertinho wa Rayon Sports yagaragaje ko nta bwoba aterwa n’imikino ikomeye, mu gihe yitegura mukeba APR FC ku wa Gatandatu, tariki ya 7 Ukuboza 2024 Saa 18:00 kuri Stade Amahoro.

Uyu mutoza yabigarutseho nyuma yo gutsinda Muhazi United ibitego 2-1, iba intsinzi ya cyenda yikurikiranya kuri Gikundiro.

Ku wa Gatandatu Saa 18:00, Murera izakira mukeba APR FC kuri Stade Amahoro, mu mukino utegerejwe na benshi.

Abajijwe uko awiteguye, Robertinho yavuze ko yakwifuje gukina umukino ukomeye buri mpera z’icyumweru.

Yagize ati “ Nkunda gukina ‘derbie’, nkunda gukora gutya, nahoze nkinira muri Stade Maracanã yuzuye abafana ibihumbi 100. Kuri njye nakwifuje gukina iyi mikino, buri mpera z’icyumweru kuko narayimenyereye haba muri Flamengo, Fluminense na Palmeiras.”

Yakomeje agira ati “Ndi umutsinzi, nakinnye mu makipe akomeye kandi narayatoje nka Fluminense yo muri Rio de Janeiro yigeze gukina na Al Ahly yo mu Misiri mu Gikombe cy’Isi cy’amakipe.”

Robertinho yashimangiye ko nta kabuza azatsinda APR FC.

Ati “Tumaze amezi ane twitegura, ntabwo byoroshye ariko tuzatsinda. Intego yanjye ni ugukina neza kandi tugatsinda. Gusa derbie ni derbie, ikinwa n’abakomeye bityo bisaba kuba witeguye mu mutwe n’umubiri.”

Mu mikino 10 iheruka guhuza impande zombi, APR FC yatsinze itanu, Rayon itsinda itatu, banganya ibiri.

Muri iyi shampiyona, Gikundiro ntiratsindwa kuko mu mikino 11 yakinnye, yatsinze icyenda, inganya ibiri. Ni mu gihe mu icyenda Ikipe y’Ingabo yakinnye, yatsinze itanu, inganya itatu, itsindwa umwe.

Rayon Sports iri ku mwanya wa mbere n’amanota 29, APR FC igeze ku wa gatanu n’amanota 18 n’ibirarane bitatu.

Umutoza wa Rayon Sports, Robertinho yagaragaje ko yiteguye gutsinda APR FC
Rayon Sports imaze gutsinda imikino icyenda yikurikiranya
APR FC imaze gutsinda imikino itanu mu icyenda yakinnye muri Shampiyona y'uyu mwaka
Rayon Sports izakira APR FC ku wa Gatandatu muri Stade Amahoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .