Sudani y’Epfo izabanza kwakira u Rwanda mu mukino ubanza uzaba tariki ya 22 Ukuboza mu gihe uwo kwishyura uzabera muri Stade Amahoro ku wa 28 Ukuboza.
Amakuru IGIHE yamenye ni uko Umutoza Frank Spittler yamaze kumenyesha abo bakorana mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ko azasubira mu Budage ku wa Kabiri, bityo atazatoza imikino ya Sudani y’Epfo.
Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, Kalisa Adolphe ‘Camarade’, yemereye IGIHE iby’aya makuru, avuga ko umutoza yari yarabisabye kuva agihabwa akazi.
Ku wa 16 Nzeri uyu mwaka ni bwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yashyize ahagaragara gahunda y’imikino ya CHAN 2024, aho imikino yayo ya nyuma izakinwa tariki ya 1-28 Gashyantare 2025 muri Uganda, Tanzania na Kenya.
U Rwanda rwageze muri iri jonjora rya nyuma, nyuma yo gusezerera Djibouti ku giteranyo cy’ibitego 3-1, mu mikino ibiri yakiniwe i Kigali.
Mu gihe Spittler azaba adahari, bivuze ko imikino ya Sudani y’Epfo izatozwa na Jimmy Mulisa ndetse na Rwasamanzi Yves basanzwe bamwungirije.
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Umutoza w'Amavubi, Frank Spittler Torsten, agiye gusubira iwabo mu Budage aho azizihiriza iminsi mikuru.
Abanyarwanda bamwungirije mu Ikipe y'Igihugu ni bo bazatoza imikino ya Sudani y'Epfo mu gushaka itike ya CHAN 2024, yombi iteganyijwe tariki… pic.twitter.com/cPaMzmqwPJ
— IGIHE Sports (@IGIHESports) December 9, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!