Kuri uyu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu, ku wa 5 Mata 2025, abasirikare bari bambaye impuzankano y’akazi, bafanaga Marine FC bazengurukaga inyuma y’uruzitiro rukikije ikibuga. Bamwe muri bo bari bafite ibikoresho byabo by’akazi.
Nyuma y’uyu mukino warangiye ari ibitego 2-2, wasize Rayon Sports itakaje umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona, hari abagaragaje ko imyitwarire y’abafana b’iyi kipe ya gisirikare itari ikwiye kuko bateraga ubwoba abakinnyi ba Gikundiro.
Umwe mu bafana ba Rayon Sports uzwi nka Miss Kagoma, yagize ati “Ntabwo uyu munsi wari umunsi mukuru w’abasirikare. Wari umukino wa Shampiyona kandi umupira w’amaguru si intambara.”
Nyuma y’uko amafoto n’amashusho y’aba bafana asakaye ku mbuga nkoranyambaga, Bonnie Mugabe ushinzwe Umutekano muri FIFA, yasabye FERWAFA kubahiriza amabwiriza atuma imikino iba mu mutuzo usesuye.
Ati “Inama yoroshye kandi iciye bugufi, reka twubahirize uko ibintu bikorwa (ibyo abafatanyabikorwa ba FERWAFA mu by’umutekano barimo polisi, abashinzwe umutekano ku kibuga [stewards] na Komisiyo ishinzwe Umutekano muri FERWAFA) bahawe binyuze mu mahugurwa ya CAF ajyanye n’umutekano kuri Stade mu 2024.”
Yongeyeho ati “Ndabizi twabishobora mu gihe abafatanyabikorwa bireba bashaka kubikoraho. Bitari byo, ibyabaye uyu munsi i Rubavu ntibyari kuba.”
Simple and humble advice-let’s implement the best practices (which Ferwafa security stakeholders-security officers, police, stewards, and the FERWAFA Security Commission) have been equipped with via the 2024 CAF Safe Stadium Initiative workshop) in as far as Stadium safety and… https://t.co/HKgexuHwvB
— Bonnie Mugabe (@BonnieMugabe) April 5, 2025





TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!