Shampiyona y’u Rwanda igeze ku Munsi wa 19, ugomba gukinwa guhera tariki 28 Gashyantare, hakinwa umukino uzahuza Vision FC na Rutsiro FC kuri Kigali Pelé Stadium. Kuri uwo munsi kandi, Gasogi United FC izakira Rayon Sports kuri Kigali Pelé Stadium.
Ku Cyumweru, tariki 2 Werurwe, hazakurikiraho uzahuza Police FC na APR FC.
Umukino uba utegerejwe na benshi muri Shampiyona y’u Rwanda, uhuza APR FC na Rayon Sports, wari kuzaba tariki 10 Gicurasi, ariko wigijwe imbere ushyirwa tariki 9 Werurwe 2025.
Ni umukino wari kuzaba ari uw’Umunsi wa 27 wa Shampiyona ariko kubera impinduka ukazakinwa ku Munsi wa 20, habura iminsi 10 kugira ngo imikino irangire.
Aya makipe y’amakeba azongera guhurira muri Stade Amahoro, aho aheruka gukinira ariko akagabana inota rimwe nyuma yo kunganya 0-0.
Aya makipe yombi kugeza ubu niyo ayoboye urutonde rwa Shampiyona, aho Gikundiro iri ku mwanya wa mbere n’amanota 41, igakurikirwa n’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu ifite 37.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!