00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umukinnyi yahagaritswe azira gukora ku gitsina cya mugenzi we

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 April 2025 saa 04:05
Yasuwe :

Myugariro wa FC Barcelona y’Abagore María Pilar León Cebrián, yahagaritswe imikino ibiri nyuma yo gufata ku gitsina cya mugenzi we Daniela Caracas wa Espanyol y’Abagore, amubaza niba yaba adafite ubugabo.

Hashize amezi abiri amakipe yombi ahuriye mu mukino w’Umunsi wa 18 wa Shampiyona ya Espagne, aho Espagnol yari yakiriye FC Barcelona ndetse ikanatsindirwa iwayo ibitego 2-0.

Nubwo iyi kipe yatsinzwe ariko, umukinnyi wayo Daniela Caracas yabangamiwe na myugariro wa FC Barcelona, León, ubwo bombi bari bahanganiye umupira uri kuva muri koruneri.

Caracas akimara kwereka León ko afite imbaraga, undi yahise ahindukira aramwitegereza, amubabaza niba yarameze “igitsina cy’abagabo”. Si ukumubaza gusa ahubwo yahise akora no ku myanya ye y’ibanga kugira ngo yimenyere neza ko adafite ubugabo.

Nubwo ibyo yakoze bigaragara mu mashusho, León w’imyaka 29 arabihakana akanavuga ko imyanya ye y’ibanga atigeze ayigeraho ndetse ibyabaye atari abigambiriye.

Ati “Nta kibi nari ngamije kuri mugenzi wanjye Caracas. Ibyabaye ntabwo nari mbifite muri gahunda nubwo ntigeze nkora ku myanya ye y’ibanga. Ni bimwe by’umupira w’amaguru utamenya ngo umuntu araza gukora he ha mugenzi we.”

León yashinjwe kugaragaza ibikorwa bihabanye n’umupira w’amaguru ndetse n’ikinyabupfura gike, bityo akaba agomba gusiba imikino ibiri harimo uwa Atletico Madrid warangiye ndetse n’uwa Sevilla uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 16 Mata.

Uyu mukinnyi yagerageje kujurira ariko Urukiko rwa Siporo ku Isi (CAS), rutesha agaciro ubujurire bwe, rumumenyesha ko agomba gukomeza ibihano.

Mapi León yahaniwe gukora ku gitsina cya mugenzi we
Mapi León yarajuriye ariko CAS ibitesha agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .