00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umubare w’abanyamahanga bakina muri Shampiyona y’u Rwanda ugiye kongerwa

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 30 July 2024 saa 03:38
Yasuwe :

Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), rigiye kwemeza ko umubare w’abanyamahanga bakina muri Shampiyona y’u Rwanda, aho uzava kuri batandatu babanza mu kibuga bakaba barindwi, mu gihe Rwanda Premier League yifuzaga ko baba umunani.

Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) ndetse n’ubwa Rwanda Premier League bumaze iminsi bwaricecekeye nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko umubare w’abanyamahanga ushobora kwiyongera.

Bamwe mu bayobozi b’amakipe akina mu Cyiciro cya Mbere bakomeje kugaragaza inyota ndetse no kwifuza ko umubare wakongera ukiyongera, ukava kuri batandatu ukaba umunani bajya mu kibuga ndetse ku rupapuro rw’abakinnyi bagize ikipe ku mukino hakajyaho abanyamahanga 12.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyuma y’inama zabaye, icyifuzo cy’amakipe nticyakiriwe nk’uko byari byatekerejwe, ahubwo abanyamahanga muri rusange bari bemerewe kuba ku rupapuro rw’abakinnyi bavuye kuri batandatu bari basanzwe, biyongeraho bane baba 10 aho kuba 12 ku rupapuro rw’umukino.

Muri aba kandi, barindwi muri bo bazajya baba bemerewe kubanza mu kibuga aho kuba batandatu bari basanzwe.

Bigaragara ko amakipe yari yiteguye ko uyu mubare uzongerwa kuko ukurikije uko isoko ry’abakinnyi rikomeje kugenda, abanyamahanga babaye benshi mu makipe aho kwibanda ku Banyarwanda.

Amakipe arimo APR FC, Police FC, Rayon Sports n’izindi zizakina umwaka utaha w’imikino zamaze kugura abakinnyi benshi bo muri iki cyiciro kuko ziri mu zirengeje abakinnyi 10 baturuka hanze y’u Rwanda.

Shampiyona y’u Rwanda ya 2024/25 iteganyijwe gutangira tariki ya 15 Kanama 2024, ikabimburirwa n’umukino uruta iyindi wa FERWAFA Super Cup, tariki ya 10 Kanama, uzahuza Ikipe y’Ingabo z’Igihugu n’iya Polisi y’Igihugu.

Mamadou Sy ni umwe mu bakinnyi bashya baguzwe na APR FC
Richard Kilongozi ni umwe mu banyamahanga bakinnye muri Shampiyona y'u Rwanda mu mwaka ushize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .