00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uko bitegura kogeza n’ibihe byo gusimbura Rutamu: Reagan na Faustinho twaganiriye (Video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 13 December 2024 saa 02:12
Yasuwe :

Abanyamakuru b’imikino bagezweho, Rugaju Reagan ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) na Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho wa Isibo FM batangaje uko bitegura iyo bari bwogeze umupira ndetse n’ubuzima bwabo bwo hanze y’umwuga.

Aba basore babigarutseho mu kiganiro bagiranye na IGIHE, aho buri umwe yabazaga mugenzi we ibibazo by’amatsiko abantu bamumenyaho.

Rugaju ni izina ryamenyekanye cyane mu 2018 ubwo yerekezaga kuri Radio 1 avuye muri Kenya aho yari atuye.

Avuga ko ibyo bihe ari byo bidasanzwe yagize mu itangazamakuru kuko ari byo byamugize uwo ari we uyu munsi.

Ati “Ibihe bidasanzwe nagize mu itangazamakuru ni igihe nasimburaga Rutamu Elie Joe kuri Radio 1 kubera ko nibyo byabaye intangiriro y’ibindi byose byambayeho. Muri make zari intangiriro zanjye. Nari mfite ubwoba.”

Yakomeje avuga ko ubwo Rugimbana Théogène yamubwiraga ko ari we ashaka ko azasimbura Rutamu bakomezanya ikiganiro Trace Foot cyari gikomeye muri ibyo bihe, yagize ubwoba.

Ati “Nkubwije ukuri numvise ngize ubwoba, wagirango ni amashanyarazi anshiyemo, ngira ubwoba. Sinatekereje kabiri kuko nahise ngaruka mu Rwanda.”

Uretse kuba ari umwe mu basesenguzi bakomeye, Rugaju anogeza imikino itandukanye.

Yavuze ko iyo afite umukino wo kogeza, uwo munsi afata amafunguro akomeye kandi akiyuhagira kuko aricyo kimuruhura.

Ati “ Iyo ngiye kogeza umupira, mbanza ngukaraba amazi akonje n’iyo ndi ku kazi mbanza gusimbukira mu rugo. Icya kabiri ngomba kurya ibiryo bikomeye nk’ibijumba, akawunga n’ibindi. Icya gatatu nshaka amakuru y’ibanze ku makipe nkayandika ku ruhande.”

Icyakora nubwo Rugaju avuga ko ibihe byiza yagize mu itangazamakuru ari ubwo yerekezaga kuri Radio 1, ni naho yagiriye ibihe bibi.

Ati “ Umunsi mubi nagize mu itangazamakuru ni igihe ntabonye ubufasha bw’abayobozi banjye kuri Radio 1, ndabihirwa bikomeye abantu uwo munsi barampindukanye nibaza niba aribo narinzi.”

Aba banyamakuru kandi bagaragaje ko bakunda umuziki cyane by’umwihariko hip hop ndetse banagaraza ubuhangwa bwabo mu gusubiramo indirimbo zitandukanye muri iyi njyana.

Rugaju Reagan yatangaje ko ibihe atazibagirwa mu itangazamakuru, ari umunsi yasimbitaga Rutamu kuri Radio 1
Rugaju Reagan ni umwe mu basesenguzi b'imikino bakomeye mu gihugu
Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho ni umwe mu banyamakuru bakomeye ku Isibo FM
Mugenzi Faustin wamamaye nka Faustinho Simbigarukaho asanzwe ari umushyushyarugamba mu bikorwa bya siporo bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .