00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiyovu Sports iragana he?

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 14 December 2024 saa 11:44
Yasuwe :

Abakunzi n’abakinnyi ba Kiyovu Sports bakomeje kurira ayo kwarika nyuma y’uko ikipe yabo iri kugana mu manga, ndetse umuti wo gukemura ibibazo biyirimo ukaba ukomeje kubura.

Kugeza ku Munsi wa 12 wa Shampiyona y’u Rwanda, Kiyovu Sports iri ku mwanya wa nyuma n’amanota arindwi gusa, nyamara mu myaka ibiri ishize yatakaje igikombe ku munsi wa nyuma.

Ibibazo birimo imiyoborere mibi yayiganishije mu manza ndetse n’imyenda idashira, yatumye itandikisha abakinnyi, abo isanganywe na bo bakomeje kwicira isazi mu jisho.

Mu kiganiro n’itangazamakuru giheruka kuba ku wa Kabiri, Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, yavuze ko ikipe ayoboye yashoboye kumvikana na Igitego Hotel yari yarafatiriye amafaranga yayo, aho bemeranyije ko muri miliyoni 29 Frw yari yafatiriye yabahamo miliyoni 15 Frw, asigaye akazishyurwa buhoro buhoro.

Muri iki kiganiro cyo gusasa inzobe, ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwavuze ko bwishyuye abakinnyi amafaranga make buri wese ku yo bwari bumurimo, ariko nk’uko amakuru aturuka muri iyi kipe abivuga, abakinnyi bakuru ni bo bayabonye ariko abatoza n’abakinnyi badakunze kubanza mu kibuga baviramo aho.

Usibye agahimbazamushya ka miliyoni 1 Frw abakinnyi ba Kiyovu Sports bahawe na Ndorimana Jean François Régis ’Général’ wahoze ayiyobora ubwo bari bamaze gutsinda Etincelles FC, nta yandi bigeze babona aturutse mu Ikipe.

Uyu ni wo mukino Urucaca ruheruka gutsinda muri 11 ruheruka gukina.

Andi makuru avuga bamwe mu banyamuryango basabye Perezida wa Kiyovu Sports gutumiza inteko rusange kugira ngo yigirwemo ibyo bibazo byose, ariko akomeje kwinangira, ndetse n’Inama y’ubutegetsi yabaye terera iyo kuko ntacyo ibikoraho.

Kugeza ubu Kiyovu Sports iri ku mwanya wa nyuma n’amanota arindwi, ifite umukino izakirwamo na Gorilla FC ku Cyumweru, tariki ya 15 Ukuboza 2024, kuri Kigali Pelé Stadium.

Komite ya Kiyovu Sports yabuze ayo icira n'ayo imira mu bibazo biyirimo
Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, yahembye abakinnyi bakuru abandi arabareka
Abafana ba Kiyovu Sports baratabariza ikipe yabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .