00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwanyagiye Uganda mu bakanyujijeho muri ruhago (Amafoto+video)

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 21 June 2025 saa 01:56
Yasuwe :

Ikipe y’abakanyujijeho mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’ yatsinze iy’abakiniye Uganda ibitego 5-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Kigali Pelé Stadium.

Uyu mukino wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 21 Kamena 2025 wari ugamije gushimangira umubano mwiza uri hagati y’impande zombi.

Witabiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis.

Hari kandi n’abandi bazwi mu mupira w’u Rwanda nka Col (Rtd) Richard Karasira wahoze ari Chairman wa APR FC, Perezida wa Vision, Birungi John Bosco n’abandi.

U Rwanda rwinjiye mu mukino mbere, rutangira gusatira ariko imipira myinshi yahindurwaga imbere y’izamu na Sibomana Abdul yapfaga ubusa.

Ku munota wa munani, Sibo yongeye kuzamukana umupira yihuta ku ruhande rw’iburyo awutanga kwa Haruna Niyonzima ariko ateye ishoti ujya hejuru y’izamu.

Mu minota 20, Uganda yatangiye kwinjira mu mukino no kugera imbere y’izamu ryari ririnzwe na Ndayishimiye Eric ‘Bakame’.

Mu minota 30, umukino watangiye kugenda gake kubera imbaraga nke, bityo u Rwanda rukora impinduka Karim Kamanzi asimburwa na Lomami André Fils, Nshimiyimana Eric asimburwa na Annaur Kibaya.

Ku munota wa 40, Sibo yateye coup franc nziza, abakinnyi ba Uganda bananirwa gukiza izamu Ngabo Albert abiba umugono atsinda igitego cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye u Rwanda rwatsinze Uganda igitego 1-0.

U Rwanda rwatangiranye igice cya kabiri impinduka, Nshizirungu Hubert ‘Bebe’, Mugiraneza Jean Baptiste ‘Migi’, Nyandwi Idrissa, Tumaini Titi na Ndoli Jean Claude binjira mu kibuga.

Bidatinze ku munota wa 53, Lomami André Fils yatsinze igitego cya kabiri, ku mupira mwiza yahawe na Titi.

Nyuma y’iminota itanu gusa, Nshizirungu Hubert yateye ishoti ryiza ari kure atsinda igitego cya gatatu cy’u Rwanda.

Bidatinze ku munota wa 60, Nyandwi yatsinze icya kane ku mupira mwiza yahawe na Lomami wahise avunika arasimburwa.

Mu minota 70, Uganda yatangiye gusatirana imbaraga ishaka igitego ariko ab’inyuma b’u Rwanda nka Migi na Titi bakabyitwaramo neza.

Ku munota wa 87, Muhawenimana Théoneste yazamukanye umupira yihuta acenga cyane atsinda igitego cya gatanu.

Umukino warangiye u Rwanda rwanyagiye Uganda ibitego 5-0, mu mukino wa gicuti wongeye guhuza amakipe yombi nyuma y’imyaka icyenda, dore ko uwaherukaga nabwo u Rwanda rwatsinze Uganda ibitego 5-3.

Abakinnyi babanje mu kibuga ku ruhande rw’u Rwanda ni umunyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, Rucogoza Aimable Mambo, Niyonshuti Gad, Enzo Ikumba, Ngabo Albert, Haruna Niyonzima, Sibomana Abdul, Nshimiyimana Eric, Karim Kamanzi, Ntamuhanga Titi na Mateso Jean de Dieu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe asuhuza abakinnyi mbere y'umukino
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe asuhuzanya na Makuza Bernard
Abakinnyi u Rwanda rwabanje mu kibuga
Abakinnyu Uganda yabanje mu kibuga
Nshimiyimana Eric azamukana umupira
Ndayishimiye Eric Bakame yabanje mu kibuga
Mateso Jean de Dieu atanga umupira
Sibomana Abdul yigaragaje cyane
Ngabo Albert yafunguye amazamu
Abakinnyi b'u Rwanda bishimira igitego
Nshizirungu Hubert 'Bebe' azamukana umupira
Tuyisenge Pekeyake ni umwe mu bagaragaye muri uyu mukino
Lomami André Fils yatsinze igitego cya kabiri cy'u Rwanda
Lomami André Fils na Nshizirungu Hubert bishimira igitego
Abatoza n'abakinnyi b'u Rwanda bishimira igitego
Haruna Niyonzima ni umwe mu bagaragaye muri uyu mukino
Lomami André Fils ahanganiye umupira
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe na Murangwa Eugene uyobora ishyirahamwe ry'abahoze bakinira Amavubi
Col (Rtd) Richard Karasira wahoze ari Chairman wa APR FC ni umwe mu bitabiriye uyu mukino
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Uwayezu François Régis na Col (Rtd) Richard Karasira wahoze ari Chairman wa APR FC bakurikiye umukino
Higiro Thomas ni we wari umutoza w'u Rwanda

Amafoto: Umwari Sandrine
Video: Bizimana Confiance


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .