Ni ku nshuro ya gatandatu iri serukiramuco rihuriza hamwe abafana b’iyi kipe y’ubukombe mu Bwongereza, aho bakora ibikorwa by’ubugiraneza n’ibindi byiganjemo iby’ubusabane.
Kugeza ubu, abafana bo muri Ghana, Sudani y’Epfo, Nigeria, Kenya, Uganda, Zambia na Tanzania nibo bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa cyitezwemo abarenga 1000.
Uretse gusabana biranga iri serukiramuco, abaryitabiriye banakora ibikorwa by’ubugiraneza, kubungabunga ibidukikije batera ibiti ndetse n’ibindi byinshi bitandukanye.
Arsenal n’ikipe ifite aho ihuriye n’u Rwanda kuko kuva mu 2018, iyi kipe irwamamaza binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda yambara ku kaboko k’ibumoso.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!