00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Thomas Müller yasezeye kuri Bayern Munich nyuma y’imyaka 25

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 5 April 2025 saa 12:24
Yasuwe :

Bayern Munich yatangaje ko mu mpera z’uyu mwaka w’imikino izatandukana na Thomas Müller wari uyimazemo imyaka 25.

Umuyobozi wa Bayern Munich, Max Eberl, yavuze ko ibi byakozwe mu rwego rwo kubaka ahazaza.

Ati “Iki cyemezo cyarumvikanaga kandi cyoroshye. Impamvu ni uko turajwe inshinga n’ahazaza.”

Müller we yavuze ko byari iby’agaciro gukinira iyi kipe, yiyemeza kuzayisigira UEFA Champions League cyane ko umukino wa nyuma uzabera i Munich.

Ati “Imyaka 25 nk’umukinnyi hano izarangira muri iyi mpeshyi. Rwari urugendo rudasanzwe, nishimiye gukina mu ikipe yanjye nkunda. Tuzatanga byose kugira ngo tuzagarure Champions League cyane ko izanabera mu mujyi wacu.”
Mu mikino 742 Müller yakiniye iyi kipe yatsinzemo ibitego 247.

Batwaranye ibikombe bya Shampiyona 12, iby’igihugu bitandatu, UEFA Champions League ebyiri, UEFA Super Cup ebyiri na Super Cup y’u Budage umunani.

Thomas Müller yegukanye Bundesliga 12 ari kumwe na Bayern Munich
Thomas Müller yegukanye UEFA Champions League ebyiri
Thomas Müller yatsindiye Bayern Munich ibitego 247 mu mikino 742

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .