Malipangou yamaze iminsi ari mu biganiro n’ikipe ya Gasogi United byo kuba yasinya amasezerano mashya, gusa ibi bikaba bitaragenze neza birangira afashe icyemezo cyo kuyisohokamo.
Uyu mukinnyi umaze gutsinda ibitego bine muri Shampiyona, yakiniraga Gasogi United nta masezerano afite yanditse, aho yari yarumvikanye n’ubuyobozi ku munwa gusa.
Kubera iyo mpamvu yafashe gahunda yo kuvugana n’andi makipe arimo na Rayon Sports FC byavugwaga ko bari mu biganiro, ariko ubuyobozi bwayo bukavuga ko bitari kugenda neza.
Byarangiye uyu mukinnyi abengutswe n’umutoza w’Umunyarwanda Cassa Mbungo André, wifuje kuzamukinisha hagati mu kibuga muri Jamus FC, mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere.
![](local/cache-vignettes/L1000xH666/whatsapp_image_2024-12-24_at_09.26_01_2_-cca3e.jpg?1735036744)
![](local/cache-vignettes/L1000xH666/whatsapp_image_2024-12-24_at_09.26_01-130b6.jpg?1735036744)
![](local/cache-vignettes/L1000xH951/whatsapp_image_2024-12-24_at_09.25_59-9c48f.jpg?1735036744)
![](local/cache-vignettes/L1000xH666/whatsapp_image_2024-12-24_at_09_26.00-b40e3.jpg?1735036744)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!